Hashize imyaka 10 umushinga wa mbere mu Rwanda wo kubyaza mazutu mu bimera (Biodiesel) wahagaritswe utageze ku ntego zawo, nyuma y’aho kompanyi yawushyizemo imari inaniriwe. Abaturage barenga 400 bari barawuhawemo akazi bavuga ko batarishyurwa amafaranga yabo arenga miliyoni 38 Frw.
Mu musinga wo kubaka urwego rw’ingufu zikomoka ku buhinzi
binyuze mu gihingwa cya Jatropha gikomorwamo mazutu. Uwari ushyizwe mu
bikorwa na kompanyi yo mu Bwongereza ECO Positive Ltd, iyobowe na Bwana Karl
Boyce ku bufatanye na Leta y’u Rwanda.
Ukaba wakoreraga mu Murenge wa Rwinkwavu mu karere ka Kayonza
hafi y’inkengero za Pariki y’Akagera.
Uyu mushinga watangiye imirimo yayo mu Ugushyingo 2009, gusa nyuma yo kubona ko
bahombye 2015 wahise ufunga imiryango yawo.
Kuki wahagaritswe? Kubera umusaruro muke, kudahuza n’ubutaka
bw’u Rwanda no kuba biodiesel yakozwe ihenze kurusha mazutu isanzwe.
Mu Ugushyingo 2009, Guverinoma y’u Rwanda yagiranye amasezerano
na ECO Positive Ltd agamije gushora imari ingana na miliyoni 250
z’amadolari ya Amerika. Iyi sosiyete yari yemerewe guhinga igiti cya Jatropha
ku buso bwa hegitari 10,000, hagamijwe gutanga litiro miliyoni 16 z’ingufu mu
gihe cy’imyaka itandatu kugeza kuri irindwi.
Leta y’u Rwanda yahaye uyu mushoramari hegitari 8,600 mu Karere
ka Kayonza, inemera ko izongeramo izindi hegitari 1,600. Amasezerano yemereraga
iyi sosiyete gukoresha ubu butaka mu gihe cy’imyaka 49.
Uyu mushinga wari mu cyerekezo cya Leta cyo guteza imbere ingufu
zisubira (renewable energy) hagamijwe kugabanya ingufu zikomoka kuri peteroli
no kurengera ibidukikije.
Hagati ya 2012 na 2014, byari biteganyijwe ko hahingwa hegitari
7,500 ariko inzego za Leta zirimo RDB, MINIRENA (icyo gihe) na MININFRA zasanze
harahinzwe munsi ya 3% by’ubwo buso.
Muri Nzeri 2015, izi nzego zakoze isuzuma ryimbitse ry’imikorere
y’uyu mushinga zisanga utatanze umusaruro witezweho. Mu Kwakira uwo mwaka,
Minisiteri y’Ibikorwaremezo yandikiye umuyobozi wa kompanyi imumenyesha ko
guhinga Jatropha bihagaritswe mu Rwanda.
MININFRA yasobanuye ko iki gihingwa kitari gihuje n’imiterere
y’ubutaka bw’u Rwanda, kandi ko n’ibikoresho byari bikenewe mu gutunganya
biodiesel bitabonaga byoroshye.
Nyuma yo guhagarikwa k’uyu mushinga, abaturage 432 bari
barawuhawemo akazi bavuga ko batigeze bishyurwa amafaranga bakoze angana na 38,845,898
Frw.
Aba baturage bavuga ko bagejeje ikibazo cyabo mu nzego
zitandukanye zirimo ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza, RDB na MINALOC, ariko
bakomeza gusiragizwa imyaka igera ku icumi.
Uhagarariye aba baturage yagize ati: “Umushoramari yagiye
atatwishyuye. Twagejeje ikibazo mu nzego zose, batubwiraga ko Leta izatwishyura
ikazakurikirana uwo mushoramari, ariko imyaka 10 irashize ntacyo tubona.
Mu 2020, uwari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka
Anastase, yandikiye Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza amusaba gukurikirana iki
kibazo no gutanga raporo bitarenze tariki ya 30 Werurwe 2020.
Muri iyo baruwa, Minisitiri yasabye ko habaho guhuza
umushoramari n’abakozi yakoresheje kugira ngo ikibazo gikemurwe ariko kugeza
ubu abaturage bavuga ko nta gisubizo bahawe.
Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Kayonza, Fred Hategekimana,
yemera ko iki kibazo kizwi kandi ko hari intambwe zatangiye guterwa.
Yagize ati: “Twashyizeho itsinda riri kongera gusuzuma neza
umubare w’abaturage bireba n’ibimenyetso bihari. Turimo gukorana n’inzego
z’igihugu zirimo RDB kugira ngo harebwe uko abaturage babona amafaranga yabo mu
gihe cya vuba.”
Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye agaragaza ko biodiesel
yakozwe muri uyu mushinga yari ihenze cyane kurusha mazutu isanzwe itumizwa
hanze, ndetse umusaruro wa Jatropha ukaba wari muke mu Rwanda.
Ibi byigeze no kuganirwaho mu Nama y’Abaminisitiri yo ku wa 18
Mata 2012, yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida Paul Kagame,
isaba inzego bireba gushakira umushinga ibisubizo.
N’ubwo umushinga wa Jatropha Biodiesel wari ufite
icyizere cyo gufasha u Rwanda kwinjira mu bihugu bya mbere muri Afurika
bikoresha ingufu zikomoka ku bimera, wasize isomo rikomeye ku bijyanye no
gusuzuma neza imishinga y’ishoramari.
Ku baturage barenga 400 bagikomeje gusaba kwishyurwa, icyizere
ni uko amasezerano n’inyandiko bihari byatuma haboneka igisubizo kirambye,
kikagarura icyizere cy’abaturage mu mishinga minini ya Leta n’abashoramari.
IMIIGO NEWS | With in the best News





0 Comments
Imihigonews