-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

HANZE Y’URWANDA: RDF na JDF Batangiye Gusana Ibyangijwe n’Inkubi y’Umuyaga Melissa, U Rwanda rwohereje Abasirikare 100


Itsinda ry’abahanga mu by’ubwubatsi bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) bafatanyije n’Ingabo za Jamaica (JDF), batangiye imirimo yo gusana no kongera kubaka inzu n’ibikorwaremezo byangijwe n’inkubi y’umuyaga wa Melissa mu Mujyi wa Montego Bay mu Ntara ya St James hagamijwe gufasha abaturage bagizweho ingaruka n’iki kiza no gushyigikira gahunda ya Leta ya Jamaica yo kwiyubaka.

 Ni nyuma y’aho inkubi y’umuyaga wiswe Melissa yangije inzu n’ibikorwaremezo byinshi mu Ntara ya St James muri Jamaica u Rwanda rwifatanyije n’iki gihugu mu bikorwa by’ubutabazi rwohereza abasirikare bafite ubumenyi mu by’ubwubatsi, bagafatanya n’Ingabo za Jamaica mu gufasha imiryango yagizweho ingaruka.

Imirimo yatangijwe igamije gusana no kongera kubaka inzu z’abaturage zangijwe n’inkubi y’umuyaga, ikaba iri mu rwego rw’ibikorwa byihutirwa bigenewe imiryango yahuye n’ingaruka zikomeye z’iki kiza.

Ubu bufatanye hagati ya RDF na JDF bugaragaza umubano mwiza n’imikoranire irambye iri hagati y’ingabo z’ibihugu byombi mu rwego rwo gushyigikira gahunda za Leta ya Jamaica zo kwiyubaka no kongera ubushobozi bwo guhangana n’ibiza.

Bifashishije ubumenyi bwabo mu by’ubwubatsi n’ubunararibonye mu bikorwa by’ubutabazi, Ingabo z’u Rwanda n’iza Jamaica barimo gusana inzu zangiritse, hagamijwe guteza imbere imibereho myiza y’imiryango yagizweho ingaruka no kubafasha kongera gusubira mu buzima busanzwe.

Umuyobozi w’Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ziri muri ubu butumwa bwo gutabara muri Jamaica Colonel Moses Kayigamba, yavuze ko izi nshingano zitagarukira gusa ku gusana ibikorwaremezo, ahubwo zigaragaza indangagaciro z’ubufatanye, ubumwe no kwifatanya n’abaturage ba Jamaica mu bihe by’ibibazo.

Yagize ati: “Ibi bikorwa bigamije gutanga umusanzu mu kongera ubushobozi bwa Jamaica bwo guhangana n’ibiza mu buryo burambye, binyuze mu bufatanye n’inzego z’ibanze ndetse n’Ingabo z’iki gihugu.”

Colonel Kayigamba yanasobanuye ko imirimo irimo gukorwa ihujwe n’ibyihutirwa byagaragajwe n’inzego za Jamaica, ndetse ikanashingira kuri gahunda y’igihugu yo guhangana n’ingaruka z’inkubi y’umuyaga Melissa.

Mu rwego rwo gushyigikira ibi bikorwa, u Rwanda rwohereje abasirikare 100 bafite ubumenyi butandukanye cyane cyane mu by’ubwubatsi, bagiye gufasha mu gusana no kongera kubaka ibyangijwe n’ibiza.


Kohereza itsinda ry’abasirikare b’abahanga mu by’ubwubatsi muri Jamaica bigaragaza ubushake bw’u Rwanda mu guteza imbere ubumwe, ubufatanye n’ibikorwa by’ubutabazi ku rwego mpuzamahanga. Ibi bikorwa kandi byerekana uruhare rw’u Rwanda mu guhangana n’ingaruka z’ibiza bikomeje guhungabanya ubuzima bw’abantu, binyuze mu gufasha ibihugu byahuye n’ibibazo no guteza imbere amahoro n’ubufatanye ku isi.


IMIHIGO NEWS | With in the best News


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153