-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Kagame yashimiye Perezida Mamadi Doumbouya ku ntsinzi ye mu matora ya Guinea



Perezida Kagame yijeje mugenzi we wa Guinea gukomeza ubufatanye mu guteza imbere umubano n’imibereho myiza y’abaturage b’ibihugu byombi.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye Perezida wa Guinea Conakry, Mamadi Doumbouya, ku ntsinzi yegukanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana bya hafi na Guinea mu gusigasira umubano mwiza no kwihutisha iterambere.

Mu butumwa yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwa X (rwahoze ari Twitter), Perezida Kagame yagaragaje ko yishimiye intsinzi ya Doumbouya, anashimangira ko ibihugu byombi bifitanye umubano ushingiye ku bufatanye n’ubuvandimwe.

 Perezida Kagame yagize ati:“Ndashimira cyane, umuvandimwe wanjye, Perezida Mamadi Doumbouya, ku ntsinzi yegukanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika ya Guinée. Tuzakomeza dushimangire umubano mwiza usanzwe hagati y’ibihugu byacu byombi ari na ko dukorana bya hafi mu kwihutisha iterambere n’imibereho by’abaturage b’ibihugu byacu byombi.”



Mamadi Doumbouya yatorewe kuyobora Repubulika ya Guinea muri manda y’imyaka irindwi, nyuma yo gutsinda amatora ku majwi 86,72%, nk’uko byemejwe n’Urukiko rw’Ikirenga rw’icyo gihugu.

Aya ni yo matora ya mbere yabaye muri Guinea kuva Mamadi Doumbouya yahirika ubutegetsi bwa Alpha Condé muri Nzeri 2021, igikorwa cyahinduye imiterere ya politiki muri icyo gihugu.

Mu karere, Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, na we yifurije Mamadi Doumbouya ihirwe, avuga ko nyuma y’iyemezwa ry’ibyavuye mu matora n’Urukiko rw’Ikirenga, ari igihe cyiza cyo kumushimira no kumwifuriza intsinzi muri manda ye.

Ubutumwa bwa Perezida Kagame n’abandi bayobozi bo mu karere bugaragaza ko intsinzi ya Mamadi Doumbouya yakiriwe neza ku rwego mpuzamahanga, bikaba byitezwe ko ubuyobozi bwe buzagira uruhare mu gukomeza guteza imbere umutekano, iterambere n’ubufatanye hagati ya Guinea n’ibindi bihugu bya Afurika.

 


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153