Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko umugore we Melania Trump atishimira ibintu bibiri akora mu ruhame birimo kubyina mu birori bya politiki no kwigana abakina guterura ibiremereye ku rubyiniro, avuga ko abibona nk’ibidakwiriye k'umukuru w’igihugu.
Trump yabitangaje ku wa Kabiri ubwo yaganiraga n’abanyamuryango
b’Ishyaka ry’Aba-Republika mu nama yabereye mu Nteko Ishinga Amategeko, aho
yasangije abari aho ibiganiro akunze kugirana n’umugore we ku myitwarire ye mu
ruhame.
Mu ijambo rye, Trump yavuze ko Melania Trump amugaya cyane iyo
atangiye kwigana abakora umukino wo guterura ibiremereye(ariteri), cyane cyane iyo
abikora ari kuvuga ku bakinnyi b’abagabo bihindura igitsina bakajya mu
marushanwa y’abagore.
Ati: “Umugore wanjye arabyanga cyane iyo mbikoze. Ni umuntu
wiyubaha kandi wubaha icyubahiro cy’umwanya mfite. Ambwira ati ‘Ibi ntibikwiye
Perezida.’ Nkamusubiza nti ‘Ariko narabaye Perezida.’ Akambwira ati ‘Mugabo
wanjye, ibyo guterura burya ni bibi cyane.’”
Trump yongeyeho ko Melania atishimira na gato uburyo abyina mu
mitambagiro ya politiki no mu birori bitandukanye, amubwira ko bidakwiye
umukuru w’igihugu.
Ati: “Yambwiye ati ‘Ese wigeze ubona Perezida Franklin D.
Roosevelt abyina?’”
Trump azwiho gukoresha imbyino n’andi mayeri mu gihe
cy’imyiyereko n’ibirori bya politiki, aho rimwe na rimwe abyifashisha anenga
abo bahanganye mu bya politiki.
Ese wowe ibi warubizi kuri TRUMP?
Bana natwe keshi IMIHIGO NEWS | With in the best News

0 Comments
Imihigonews