Maria Corina Machado,
Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Venezuela, Maria Corina Machado, uherutse guhabwa igihembo cy’amahoro cya Nobel, yatangaje ko yiteguye gusubira mu gihugu cye no kwiyamamariza kuyobora Venezuela, nyuma y’igihe yari amaze mu buhungiro kubera igitutu cya politiki.
Ibi Machado yabitangaje kuri uyu wa 6 Mutarama 2026, mu gihe
igihugu cya Venezuela gikomeje kunyura mu bihe bikomeye bya politiki, birimo
ihangana rikomeye hagati y’ubutegetsi bwa Perezida Nicolás Maduro n’abatavuga
rumwe na bwo, ndetse n’uruhare rukomeje kugaragazwa na Leta Zunze Ubumwe za
Amerika muri iki kibazo.
Maria Corina Machado, w’imyaka 58, yari yarahunze Venezuela mu Ukwakira
2025, avuga ko yari abangamiwe n’ubutegetsi buriho. Mu magambo ye aherutse,
yavuze ko ari gutegura gusubira mu gihugu mu gihe cya vuba, anatangaza ko mu
gihe amatora yaba aciye mu mucyo n’ubwisanzure, yaba afite icyizere cyo
kuyatsinda ku kigero kiri hejuru ya 90%.
Ati: “Ndi kwitegura gusubira muri Venezuela vuba bishoboka. Mu
matora aciye mu mucyo n’ubwisanzure, tuzayatsinda hejuru y’amajwi ya 90%.”
Machado yanatangaje ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi biteguye
gufata ubuyobozi mu buryo butekanye, ashimangira ko abarenga 80% by’ingabo na
Polisi baba biteguye gushyigikira impinduka mu mahoro.
Uyu munyapolitiki kandi yari aherutse gutangaza ko ashyigikiye
igikorwa cya gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri Venezuela, mu
gihe cyose cyaba kigamije gukuraho ubutegetsi bwa Perezida Maduro.
Ku ruhande rwa Amerika, Perezida Donald Trump aherutse kubwira
itangazamakuru rya NBC ko igihugu cye cyifuza gufasha Venezuela gushyira ibintu
ku murongo mbere y’uko hategurwa amatora, anagaragaza ubushake bwo gukorana
n’ubuyobozi bw’inzibacyuho.
Hagati aho, Delcy Rodríguez, uherutse guhabwa inshingano zo
kuyobora Venezuela by’agateganyo, yarahiriye izi nshingano mu gihe Nicolás
Maduro we yagejejwe mu Rukiko rw’i Manhattan muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yiregura ahakana ibyaha byose ashinjwa birimo ibijyanye n’iterabwoba
n’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge nubwo yakomeje kuvuga ko akiri Perezida wa
Venezuela.
Itangazo rya Maria Corina Machado ryo gusubira muri Venezuela
rikiyamamariza kuyobora igihugu rishobora kongera guhindura isura ya politiki
muri iki gihugu kimaze igihe mu makimbirane. Abasesenguzi bavuga ko ibyemezo
bizafatwa mu bijyanye n’amatora, umutekano n’ubufasha mpuzamahanga bizagena
ahazaza h’ubuyobozi bwa Venezuela mu gihe kiri imbere.

0 Comments
Imihigonews