![]() |
| Impande zombi zisinya amasezerano |
KIGALI, Ku wa 29 Mutarama 2026 – Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC)
yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Ikigo cy’Itumanaho cya MTN Rwanda agamije
guteza imbere uburezi binyuze mu ikoranabuhanga rigezweho, hibandwa ku
korohereza abanyeshuri n’ibigo by’amashuri kubona murandasi(nternet) n’amasomo
ajyanye n’ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo.
Aya masezerano yasinywe agamije kongera ubumenyi bw’urubyiruko
mu by’ikoranabuhanga, by’umwihariko abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye,
ay’imyuga n’ubumenyingiro (TVET), ndetse n’urubyiruko rutakiri mu mashuri ariko
rufite inyota yo kwiga no kwiteza imbere.
Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ubu bufatanye, MTN Rwanda
izajya itanga amasomo y’ikoranabuhanga binyuze muri gahunda yayo yitwa MTN
Skills Academy, urubuga ruriho amasomo arenga 500 atandukanye ajyanye
n’ikoranabuhanga rigezweho.
Aya masomo azajya atangwa ku buntu, aho icyangombwa ku uzayiga
ari ukuba afite igikoresho cy’ikoranabuhanga nka telefone igezweho, mudasobwa
cyangwa tableti, hamwe n’ubushobozi bwo kubona murandasi.
![]() |
| Minisitiri w'Uburezu Dr Joseph NSENGIMANA |
Minisitiri w’Uburezi,Dr Nsengimana Joseph, yavuze ko aya masezerano ari mu murongo wa gahunda ya Leta yo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi n’ikoranabuhanga.
Ati: “Ubu bufatanye buzagera ku banyeshuri, abarimu n’ibigo
by’amashuri muri rusange. Buzafasha mu kongera amahirwe yo kubona imirimo no
gufasha urubyiruko gufata ibyemezo byiza ku byo bashaka kwiga no ku myuga
bashaka gukoramo.”
Ku ruhande rwa MTN Rwanda, Umuyobozi Mukuru wayo Bwana Monzer
Ali yavuze ko iki kigo gifite intego yo gufatanya na Leta y’u Rwanda mu guteza
imbere ubumenyi bw’urubyiruko hagamijwe kurwongerera ubushobozi bwo guhangana
ku isoko ry’umurimo.
Ati: “MTN Rwanda izibanda ku kwagura imbuga zo kwigiraho
hifashishijwe ikoranabuhanga, gufasha ibigo by’amashuri kubona internet,
gutanga ibikoresho by’ikoranabuhanga no gushyigikira ishyirwa mu bikorwa
ry’amasomo ajyanye n’ubumenyi ngiro mu ikoranabuhanga.”
Uretse amasomo agenewe abanyeshuri, ubu bufatanye bukubiyemo no
gushyiraho gahunda zihariye zigenewe abarimu n’ibigo by’amashuri, hagamijwe
kuborohereza kugera kuri serivisi z’ikoranabuhanga no kongera ireme ry’uburezi
mu Rwanda.
Aya masezerano ategerejweho kugira uruhare rukomeye mu gutegura urubyiruko rufite ubumenyi bujyanye n’igihe, bushobora kurufasha kubona imirimo, kwihangira imirimo no gutanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu.
![]() |
Abafatanyabikorwa
b'iyi gahunda bitabiriye umuhango wo gushyira umukono ku masezerano |



0 Comments
Imihigonews