
Ikirangantego cya RIB
RIB yafunze Barafinda Sekikubo Fred, Mazimpaka Patrick na
Nkeramihigo Japhet bakurikiranweho gutangaza ibihuha bishobora guteza imvururu
KIGALI, u Rwanda — uyu wa kane tariki ya 29 Mutarama 2026 nibwo
humvikanye amakuru ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko
rwafunze Barafinda Sekikubo Fred, Mazimpaka Patrick na Nkeramihigo Japhet,
bakurikiranweho icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza imvururu
cyangwa imidugararo muri rubanda, binyuze ku miyoboro itandukanye ya YouTube.
Amakuru dukesha RIB yavuze ko aba bantu bafashwe mu bihe
bitandukanye, ubu bakaba bafungiye kuri sitasiyo za RIB za Kimironko, Kicukiro
na Kimihurura, mu Mujyi wa Kigali, mu gihe iperereza rikomeje ku byaha
bakekwaho.
Nk’uko RIB ibitangaza, ibyaha aba bafashwe bakekwaho bifitanye
isano no gukoresha imbuga nkoranyambaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aho
basangijwe cyangwa bagatangaza amakuru atizewe, ashobora gutesha umutwe rubanda
no guhungabanya umutekano rusange.
RIB yasobanuye ko gukwirakwiza ibihuha, cyane cyane binyuze ku
mbuga nkoranyambaga zikurikirwa n’abantu benshi, bishobora kugira ingaruka
zikomeye ku mutekano n’imibanire y’abaturage, bityo ko ari imwe mu myitwarire
itazihanganirwa n’amategeko y’u Rwanda.
Mu itangazo ryayo, RIB yongeye kuburira abantu bose cyane cyane
abakoresha imbuga nkoranyambaga n’abakora ibiganiro kuri YouTube n’izindi mbuga
ko bagomba kwirinda kuzikoresha mu bikorwa binyuranyije n’amategeko,
ishimangira ko izakomeza gukurikirana no gufata uwo ari we wese uzabigira.
RIB yibukije ko itegeko rihana ibyaha bikorerwa ku
ikoranabuhanga riteganya ibihano bikomeye ku muntu wese uhamijwe icyaha cyo
gutangaza amakuru y’ibihuha cyangwa ay’ibinyoma agamije guteza imvururu,
gusenya icyizere cya rubanda cyangwa guhungabanya umutekano w’igihugu.
Iperereza ku byaha aba bafashwe bakekwaho riracyakomeje, RIB
ikavuga ko izatangaza ibindi bisobanuro mu gihe bizaba bibaye ngombwa.
IMIHIGO NEWS
0 Comments
Imihigonews