Mu Karere ka Musanze, hagiye gutangizwa uburyo bushya bwo kwakira no gukemura ibibazo by’abaturage hifashishijwe ikarita nsuzuma mikorere, gahunda izashyirwa mu bikorwa n’umuryango utari uwa Leta Never Again Rwanda binyuze mu mushinga witwa “IJWI”, ugamije kongera uruhare rw’abaturage mu miyoborere no kunoza imitangire ya serivisi.
Iyi gahunda yatangajwe mu mahugurwa yamaze iminsi itatu, yahuje
abayobozi bo mu nzego z’ibanze ku rwego rw’imirenge n’utugari, abahagarariye
ibyiciro byihariye, imiryango itari iya Leta n’abandi bafatanyabikorwa. Abo
bose bagaragarijwe uko abaturage bazajya bagira uruhare rufatika mu gusesengura
ibibazo bibangamiye imibereho yabo, bigahabwa umurongo wo gukemurwa hakiri
kare.
Umuhuzabikorwa wa Never Again Rwanda mu Karere ka Musanze,
Bizimungu Thierry, yavuze ko umushinga “IJWI” watekerejwe mu rwego rwo kuziba
icyuho cyagaragaye mu mitangire ya serivisi, by’umwihariko hashingiwe kuri
raporo z’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB).
Yagize ati: “Icyuho kirahari. Buri mwaka RGB ikora
ubushakashatsi ku miyoborere. Mu mwaka wa 2024, Akarere ka Musanze kari mu
myanya ya nyuma mu bijyanye n’uko abaturage babona serivisi. Mu 2025
twarazamutse tugera ku mwanya wa 12, ariko biracyagaragaza ko hakiri icyuho
hagati y’abatanga serivisi n’abazihabwa ari bo baturage.”
Yakomeje asobanura ko umushinga “IJWI” ugamije gufasha abaturage
ubwabo kuba ishingiro ry’impinduka, aho ijwi ryabo rizajya ryumvwa n’abayobozi
bo mu nzego zitandukanye, yaba iza Leta, iz’imiryango itari iya Leta
n’abikorera.
Ikarita nsuzuma mikorere izakorwa mu ntambwe eshatu, ikajyana
n’itsinda rigizwe n’abantu batanu barimo abafashamyumvire mu miyoborere babiri,
umuyobozi w’akagari uhagarariye njyanama y’akagari, ndetse n’umujyanama
uhagarariye akagari ku rwego rw’umurenge.
Mukasine Herene, uhagarariye IGAN Rwanda, umuryango ukora mu
bijyanye no kubaka amahoro, yavuze ko iyi karita izaha umuturage umwanya wo
kugaragaza ikibazo cye, ariko hanakabaho isesengura rigamije gushyira imbere
ibibazo bikomeye kurusha ibindi.
Ati: “Abaturage bafite ibibazo byinshi, ariko hazajya habaho
kubisesengura harebwa ibiremereye. Hari ibyo abaturage bashobora kwikemurira
ubwabo, n’ibindi bikajya bishyikirizwa ubuyobozi bukabafasha kubikemura.”
Yakomeje agaragaza ko iyi gahunda izafasha ubuyobozi kubona neza uruhare rw’abaturage, kuko abafashamyumvire mu miyoborere ari abaturage ubwabo, bajya mu nteko z’abaturage, bakakira ibibazo n’ibitekerezo, bakanabishyira mu nyandiko ku buryo bikurikirana neza.
Iradukunda Innocent, uhagarariye urubyiruko rw’abakorerabushake
mu Kagari ka Mburabuturo mu Murenge wa Muko, yavuze ko mbere hari ibibazo
byageraga ku kagari ntibikomeze ku rwego rw’umurenge bitewe no kubura uburyo
bubikurikirana.
Ati: “Kuba hagiye kubaho abafashamyumvire mu miyoborere bizatuma
ibibazo by’abaturage bimenyekana ku gihe, bizamuke mu nzego kandi bikemurwe
bitinze.”
Ku ruhande rw’ubuyobozi, Nyirambonigaba Marie Gorethi,
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyivugiza, yavuze ko iyi gahunda
igiye kongera uruhare rw’abaturage mu gufata ibyemezo no gutanga ibitekerezo
byabo.
Ati: “Mbere twakiraga ibitekerezo by’abaturage ariko
ntitubishyire mu nyandiko ku buryo bikurikirana. Ubu umuturage azabona ko
igitekerezo cye cyumvikanye kandi agahabwa igisubizo.”
Umushinga “IJWI” uzashyirwa mu bikorwa na Never Again Rwanda ku
bufatanye n’umuryango GIZ, uzatangirira mu turere dutatu ari two Musanze na
Burera two mu Ntara y’Amajyaruguru ndetse na Nyabihu yo mu Burengerazuba.
Watangiye muri Kanama 2025, ukazageza mu 2028.
Mu Karere ka Musanze, Ubu buryo buzajya bukoreshwa muri serivisi
hakoreshejwe ikarita buzakorera mu tugari tune two mu mirenge ibiri, mu gihe
ubu bushakashatsi bwa RGB bugaragaza ko aka karere kari ku mwanya wa 30 mu
mwaka wa 2024 mu bijyanye n’imiyoborere, kakaza kuzamuka ku mwanya wa 12 mu
2025.
IMIHIGO NEWS


0 Comments
Imihigonews