Abagabo bo mu Karere ka Nyagatare bagaragaje ko bamaze gusobanukirwa n’akamaro ko gufatanya n’abagore babo mu kurera no kuboneza imikurire y’abana bato aho bitakiri inshingano z’umugore gusa. Ibi byagarutsweho ku Munsi Mpuzamahanga wahariwe Imboneza Mikurire y’Abana bato wizihirijwe ku rwego rw’Akarere ka Nyagatare ku wa 14 Mutarama 2026 mu Murenge wa Musheri, Akagari ka Ntoma.
Iki gikorwa cyari kigamije kongera ubumenyi ku babyeyi n’abarezi
ku ruhare rwabo mu gukurikirana no kuboneza imikurire y’abana bato, hibandwa
cyane ku ruhare rw’abagabo mu muryango, amarerero n’imibanire myiza mu rugo.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Wungirije Ushinzwe Imibereho
Myiza y’Abaturage yibukije imiryango akamaro ko kwirinda amakimbirane, kuko
bigira ingaruka zikomeye ku mikurire y’abana.
Yagize ati:“Kuboneza imikurire y’umwana bitangirira ku
mubyeyi umubera urugero rwiza. Umwana ukuriye mu muryango uhoramo amakimbirane
ntashobora kugira imikurire myiza. Nta cyo wakora cyose kigenda neza mu gihe
nta mahoro ufite.”
Yakomeje ashimira abafatanyabikorwa b’Akarere uruhare bagira mu
iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage, by’umwihariko binyuze mu guteza
imbere amarerero.
Ati:“Nk’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare turashimira
abafatanyabikorwa bacu badufasha umunsi ku wundi. Turabona uruhare rukomeye
rw’amarerero mu iterambere ry’Akarere. Turasaba abaturage kumva ko kuboneza
imikurire y’umwana ari inshingano zisangiwe n’umugabo n’umugore, ntawubihariye
undi.”
Abaturage bitabiriye iki gikorwa bagaragaje ko amarerero
yashyizweho na Leta yabafashije cyane mu kurera abana babo neza.
Mukamparirwa Epiphanie utuye mu Murenge wa Musheri yagize ati:
“Ubu mbyuka mu gitondo nkohereza umwana mu irerero
nkamenya ko azitabwaho neza mu mirire, mu isuku no mu masomo. Leta yabaye
umubyeyi wacu.”
Mukarugwiza Francine wo mu Mudugudu wa Mugari, Akagari ka Musheri, yavuze ko itandukaniro riri hagati y’igihe amarerero atarabaho n’ubu riri kugaragara cyane.
Ati:“Ubu abana bacu bafashwe neza cyane ugereranyije na kera.
Iterambere ry’amarerero ryahinduye ubuzima bw’abana n’ababyeyi.”
Sindikubwabo Anasitazi, umwe mu bagabo bitabiriye iki gikorwa,
yagize ati:
“Kera twatekerezaga ko kwita ku bana ari iby’abagore
gusa, ariko ubu natwe abagabo tumaze gusobanukirwa uruhare rwacu mu kurera no
gufasha abagore bacu. Leta nayo iradufasha cyane.”
Muri iki gikorwa, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare bufatanyije
n’abafatanyabikorwa batanze imfashanyigisho zitandukanye ku bana biga ku Rwunge
rw’Amashuri rwa Matimba, hagamijwe kubafasha kongera ubumenyi bw’ibanze.
Hanatanzwe amagare ku bana babiri bafite ubumuga bo mu Irerero
rya Musheri, ndetse abana bagaburirwa indyo yuzuye.
Mu Karere ka Nyagatare habarurwa:
- Amarerero
yo mu ngo: 1,593 arerera abana 31,673
- Amarerero
y’abaturage bishyize hamwe: 367 arerera abana 3,634
- Amarerero
akora nk’amashuri: 248 arerera abana 32,567
- Amarerero
agezweho: 23 arerera abana 346
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare bugaragaza ko gukomeza
gushishikariza abagabo n’abagore gufatanya mu kurera abana, guteza imbere
amarerero no kubungabunga amahoro mu miryango, ari inkingi y’ingenzi mu
kuboneza imikurire myiza y’abana no mu iterambere rirambye ry’igihugu.
IMIHIGO NEWS | With in the best News


0 Comments
Imihigonews