![]() |
Uyu mukecuru yavuze ko adateze kwishyura ihazabu
Umukecuru w’imyaka 92 wo mu gihugu
cy’u Bubiligi, utuye mu kigo cy’abageze mu zabukuru, yaciwe ihazabu inshuro
ebyiri ashinjwa gutwara imodoka ku muvuduko urenze uwemewe, mu gihe avuga ko
amaze umwaka n’igice yarahagaritse burundu gutwara imodoka.
Uyu mukecuru witwa Fernanda
Vandewalle, yaciwe ihazabu ingana na €126,84, nyuma y’uko inzego zishinzwe
umutekano wo mu muhanda zigaragaje ko imodoka ye yafatiwe mu byaha byo kurenga
ku muvuduko wagenwe mu bihe bibiri bitandukanye.
Ubwa mbere, bivugwa ko ku wa 18
Ukuboza 2025, imodoka ye yafatiwe ahitwa Farciennes, igenda ku muvuduko wa kilometero
80 ku isaha, mu gihe uwo muhanda wagombaga kugenderwamo ku muvuduko wa kilometero
70 ku isaha.
Ubwa kabiri, ku wa 29 Ukuboza 2025,
iyo modoka yongeye gufatirwa i Bruxelles, na bwo ivugwaho kuba yararenze ku
muvuduko wagenwe.
Avuga kuri ibi, Fernanda Vandewalle
yagize ati: “Ubu sinkitwara imodoka, none ni bwo nciwe ihazabu. Ibi ntabwo
byumvikana.”
Uyu mukecuru yahise atangaza ko
atazishyura ayo mafaranga, avuga ko ageze mu kigero cy’imyaka kitamwemerera
kongera gutwara imodoka cyangwa kugenda ahantu harehare.
Ikinyamakuru 7sur7 cyatangaje ko
imodoka ya Fernanda Vandewalle iri mu rugo rw’umukobwa we, ikaba itagikoreshwa,
ndetse ikiyirimo n’ibyangombwa byose biyiranga, ari nabyo bivugwa ko byaba
byaratumye igaragara mu byaha byo mu muhanda itagendeshwa na nyirayo.
Ibi byatumye hibazwa uko bishoboka
ko umuntu wahagaritse gutwara imodoka ashobora gukomeza gucibwa ihazabu,
bikagaragaza ko hakenewe gukurikirana neza imikoreshereze y’imodoka zifite
ibyangombwa bikiriho ariko zitagikoreshwa na ba nyirazo.
© IMIHIGO NEWS – With in the best News.

0 Comments
Imihigonews