Padiri Bobbo Paschal, umusaseridoti wa Kiliziya Gatolika muri Arikidiyosezi ya Kaduna muri Nigeria yarekuwe ku wa 17 Mutarama 2026 nyuma yo kumara amezi abiri afitwe n’abagizi ba nabi bamushimuse ku wa 17 Ugushyingo 2025 mu gitero cyagabwe kuri Paruwasi ya Mutagatifu Sitefano.
Irekurwa rya Padiri Paschal rije mu gihe Nigeria ikomeje guhura
n’ibibazo bikomeye by’umutekano muke, by’umwihariko ishimutwa ry’abantu
rigamije gusaba amafaranga y’incungu rikomeje kwibasira cyane abihayimana
n’abaturage basanzwe mu bice bitandukanye by’igihugu.
Mu itangazo ryasohowe ku wa 17 Mutarama 2026 mu izina rya
Arikiyepiskopi wa Kaduna, Musenyeri Mathew Man-Oso Ndagoso, umunyamabanga wa
Arikidiyosezi, Padiri Christian Okewu Emmanuel, yemeje ko Padiri Bobbo Paschal
“yarekuwe kuri uwo munsi” nyuma y’igihe yari amaze mu maboko y’abamushimuse.
Padiri Emmanuel yagaragaje ishimwe ryihariye rya Arikiyepiskopi
Ndagoso rigenewe inzego z’umutekano za Nigeria, ashimangira ko imbaraga
n’ubwitange byazo byagize uruhare rukomeye mu gutabarwa k’uyu musaseridoti.
Yanashimiye kandi abakirisitu n’abandi bose bakomeje kumushyigikira mu
masengesho no mu bumwe mu gihe cyari kirimo impungenge n’agahinda.
Padiri Paschal yashimuswe ku wa 17 Ugushyingo 2025, ubwo abagabo
bitwaje intwaro bagabaga igitero kuri Paruwasi ya Mutagatifu Sitefano,
giherereye muri Arikidiyosezi Gatolika ya Kaduna, igitero cyateje ubwoba
bukomeye mu bakirisitu n’abaturage bo muri ako gace.
Nigeria imaze igihe ihanganye n’umutekano muke ukomeye, uterwa
n’imitwe yitwaje intwaro ikora ibikorwa by’urugomo birimo gushimuta abantu
bagamije gusarura amafaranga y’incungu, rimwe na rimwe bikarangira abashimuswe
bishwe. Igihugu kandi kimaze imyaka irenga 15 gihanganye n’ibikorwa
by’iterabwoba by’umutwe wa Boko Haram, watangiye mu 2009 uvugwaho gushaka
guhindura Nigeria igihugu kiyoborwa n’amategeko ya Kisilamu.
Uretse Boko Haram, umutekano warushijeho kuzamba mu bice bimwe
by’igihugu kubera ibikorwa by’abashumba b’inka b’Abafurani, bazwi nka Fulani
Militia, bagiye bashinjwa kwibasira abaturage n’abihayimana cyane cyane mu
Majyaruguru n’Ahagati muri Nigeria.
Ishimutwa rya Padiri Paschal riza rikurikira urukurikirane
rw’ibindi bikorwa byibasira abihayimana Gatolika muri Nigeria. Muri Nyakanga
2025, abanyeshuri batatu bato bo muri Seminari nto ya Immaculate Conception
muri Diyosezi Gatolika ya Auchi bashimuswe nyuma y’igitero cyagabwe kuri iyo
seminari. Aba banyeshuri bakorewe iyicarubozo mu gihe kirekire, babiri muri bo
bararekurwa, mu gihe undi umwe yishwe n’abamushimuse.
Ku rundi ruhande, vuba aha Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za
Amerika, Donald Trump, yashyize Nigeria ku rutonde rw’ibihugu bihangayikishije
byiswe Country of Particular Concern (CPC) kubera ihohoterwa rikorerwa
umudendezo w’idini. Nubwo iki cyemezo cyakiriwe mu buryo butandukanye,
Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya Veritas i Abuja yatangaje ko kibona nk’amahirwe
yo gushimangira ubufatanye mpuzamahanga mu guhangana n’ikibazo cy’umutekano
muke.
Padiri Hyacinth Ichoku yagize ati: “Uwo ari we wese ushobora
kudufasha mu bikoresho no mu gufasha abasirikare bacu mu ntambara barimo yo
kurwanya abajura n’abagizi ba nabi akwiriye gushishikarizwa. Ibi ni byo Trump
ashaka ku gihugu cyacu.
Irekurwa rya Padiri Bobbo Paschal ryakiriwe n’ibyishimo bikomeye
muri Arikidiyosezi ya Kaduna no mu bakirisitu muri Nigeria muri rusange, ariko
rinongera kugaragaza ko ikibazo cy’umutekano muke gikomeje kuba imbogamizi
ikomeye, gisaba ubufatanye bw’igihugu n’amahanga mu gushakira umutekano urambye
abaturage n’abihayimana.
IMIHIGO NEWS | IYOBOKAMANA

0 Comments
Imihigonews