Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 16 Mutarama 2026, yagiranye ibiganiro na Dr. Sidi Ould Tah, Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD/AfDB), baganira ku bufatanye buri hagati y’impande zombi mu gushyigikira gahunda y’u Rwanda y’iterambere rirambye, mu biganiro byabereye i Conakry muri Guinée.
Ibi biganiro byabereye mu murwa mukuru wa Guinée, Conakry, aho Perezida Kagame yari yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Mamadi Doumbouya, uteganyijwe kuba ku wa Gatandatu.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko Perezida Kagame na
Dr. Sidi Ould Tah baganiriye ku mikoranire ihamye imaze igihe hagati y’u Rwanda
na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, ndetse n’ubufatanye bukomeje mu
gushyigikira gahunda z’iterambere rirambye z’igihugu.
Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD/AfDB) ni umwe mu
bafatanyabikorwa bakomeye b’u Rwanda mu iterambere, aho imari yayo ishorwa mu
nzego zitandukanye zirimo ibikorwaremezo, ingufu, inganda n’ubuhinzi.
Mu 2014, iyi banki yahaye Leta y’u Rwanda inkunga ingana na
miliyoni 40 z’Amadolari ya Amerika, igamije kongera ubushobozi bw’ingufu
z’amashanyarazi mu gihugu, harimo no kubaka umurongo w’amashanyarazi wa
kilometero 119.
BAD yatangiye gukorera mu Rwanda mu 1974, aho igice kinini
cy’amafaranga yayo cyashowe mu mishinga y’ibikorwaremezo nko kubaka imihanda,
guteza imbere inganda n’ingufu z’amashanyarazi. Mu myaka ya vuba, iyi banki
yanatangiye kongera imari mu bikorwa biteza imbere ubuhinzi n’iterambere
ry’icyaro.
Ubufatanye hagati y’u Rwanda na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere bukomeje
kugaragaza uruhare rukomeye mu rugendo rw’igihugu rugamije kugera ku iterambere
rirambye, binyuze mu mishinga ifasha ubukungu, imibereho myiza y’abaturage
n’iterambere rusange.

0 Comments
Imihigonews