Komisiyo y’Amatora muri Uganda yatangaje ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu 2026, bityo akomeza kuyobora iki gihugu ku nshuro irenze imwe, nyuma y’amatora yaranzwe n’ihagarikwa rya internet, igitutu ku mashyirahamwe ya sosiyete sivile n’impaka zikomeye ku miyoborere y’ayo matora.
Itangazwa ry’ibyavuye mu matora ryakozwe na Perezida wa Komisiyo
y’Amatora, Simon Byabakama, wavuze ko Museveni yagize amajwi menshi kurusha
abandi bose bari bahanganye, bityo yujuje ibisabwa n’Itegeko Nshinga kugira ngo
atangazwe nk’uwatowe ku mugaragaro.
Simon Byabakama yatangaje ko Perezida Museveni yagize amajwi
arenga miliyoni 7.9, akaba ari yo menshi yabonetse mu bakandida bose bitabiriye
aya matora. Yongeyeho ko aya majwi arenze 50% by’amajwi yose yatanzwe, ari na
byo bisabwa n’amategeko kugira ngo umukandida atsinde mu cyiciro cya mbere.
Ati:“Nyuma yo kubona ko umukandida Yoweri Kaguta Museveni ari
we wagize amajwi menshi, kandi amajwi yatowe mu izina rye akaba arenze 50%
by’amajwi yose yemewe yatanzwe, Komisiyo y’Amatora iramutangaza ku mugaragaro
nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu.”
Imibare yatangajwe na Komisiyo y’Amatora igaragaza ko
Abanya-Uganda bagera kuri miliyoni 11.4 ari bo bitabiriye aya matora yabaye ku
wa Kane, bangana na 52.50% by’abari biyandikishije gutora. Komisiyo yavuze ko
uyu mubare ugaragaza ko amatora yakozwe mu buryo bwemewe n’amategeko, nubwo
hari impaka ku mikorere yayo.
Aya matora ya 2026 yabaye mu gihe igihugu cyari cyafashe ingamba
zikomeye z’umutekano, zirimo guhagarika internet by’agateganyo, kugabanya
ibikorwa by’imiryango itegamiye kuri Leta (Civil Society Organizations) no
gukumira ibikorwa by’imitwe itavuga rumwe n’ubutegetsi.
Amwe mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi n’imiryango
iharanira uburenganzira bwa muntu byavuze ko amatora atabaye mu bwisanzure
busesuye, nubwo Leta ya Uganda yahakanye ibyo birego ivuga ko ingamba zafashwe
zari zigamije kubungabunga umutekano n’ituze ry’igihugu.
Yoweri Kaguta Museveni ayobora Uganda kuva mu 1986, nyuma yo
gufata ubutegetsi abinyujije mu rugamba rwitwaje intwaro. Mu myaka isaga 30
amaze ku butegetsi, yayoboye impinduka nyinshi zirimo kuzahura ubukungu, guteza
imbere inzego z’umutekano no gukorana n’amahanga, ariko ananengwa cyane ku
bijyanye no kuguma ku butegetsi igihe kirekire.
Mu myaka yashize, Uganda yahinduye Itegeko Nshinga ikuraho
imipaka y’imyaka n’igihe ntarengwa cyo kuyobora, bituma Museveni akomeza
kwiyamamaza no kongera gutsinda amatora inshuro nyinshi.
Itangazwa rya Yoweri Museveni nk’uwatsinze amatora ya Perezida
ya 2026 ryongeye gukomeza ubutegetsi bwe bumaze imyaka irenga itatu n’igice, mu
gihe imbere muri Uganda no mu mahanga hakomeje kwibazwa ku hazaza h’imiyoborere
ishingiye kuri demokarasi, uburenganzira bwa muntu n’ubwisanzure bwa politiki
muri iki gihugu cyo muri Afurika y’Iburasirazuba.
IMIHIGO NEWS

0 Comments
Imihigonews