-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

RWANDA: REB yatangaje buruse ya MEXT 2026 ku barimu bo mu Rwanda


Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB) rwatangaje ku mugaragaro ko abarimu bo mu Rwanda bujuje ibisabwa bashishikarizwa gusaba buruse ya Guverinoma y’u Buyapani (MEXT) y’umwaka wa 2026, igenewe amahugurwa yihariye azabera mu Buyapani.

Iri tangazo rishingiye ku ibaruwa ya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET) ifite inomero MINAFET/DGOA, AME/305/2026 yo ku wa 21 Mutarama 2026, yakiriye Note Verbale ya Ambasade y’u Buyapani i Kigali isaba ko abarimu basaba iyi buruse iri mu cyiciro cya Teacher Training Students.
REB yatangaje ko iyi buruse igamije gufasha abarimu kongera ubumenyi n’ubushobozi mu myigishirize no mu micungire y’amashuri binyuze mu mahugurwa azabera mu Buyapani. Minisiteri y’Uburezi y’u Buyapani (MEXT) isaba ko buri mwarimu wiyandikisha:

  • Akora nk’umwarimu mu mashuri abanza, ayisumbuye cyangwa mu nderabarezi (teacher training schools)
  • Afite uburambe bw’imyaka nibura 5 mu kwigisha kugeza ku itariki ya 1 Ukwakira 2026
  • Ntagomba kuba yigisha muri kaminuza (higher education)
  • Azasubira mu Rwanda nyuma y’amahugurwa akomeze akazi k’ubwarimu;
  • Ntibireba Master’s cyangwa PhD—ni amahugurwa gusa, nta mpamyabumenyi itangwa.











Ibi bireba abarimu bose, uhereye mu Rwanda n’abandi bemerewe niyi minisiteri baturuka mubindi bihuguku (MEXT).

Ibyihariye ku Rwanda

  • REB ni yo yemeza ko umwarimu ari wemewe n’igihugu
  • REB ishyiraho itariki ntarengwa yo gutanga dosiye: 6 Gashyantare 2026 saa 12:00 PM
  • REB ikangurira abarimu bujuje ibisabwa kwitabira aya mahirwe.

Ambasade y’u Buyapani i Kigali

  • Ni yo ishinzwe First Screening: gusuzuma inyandiko, ikizamini cyanditse n’ikiganiro (interview)
  • Ni ho inyandiko zose zishyikirizwa
  • Ni ho wabariza ibisobanuro byihariye ku Rwanda.

REB yibukije ko abazitabwaho ari abujuje ibisabwa kandi batanga dosiye zuzuye ku gihe, ari na bo bazakomeza mu cyiciro gikurikiraho cy’itoranywa.

Aho wabaza ibisobanuro
Abifuza ibisobanuro birambuye bashobora kohereza ubutumwa kuri imeri ya Ambasade y’u Buyapani mu Rwanda:
[email protected].
REB yasabye abarimu bose bujuje ibisabwa gukoresha neza aya mahirwe yo kwiteza imbere mu mwuga w’uburezi, igaragaza ko aya mahugurwa ari amahirwe akomeye yo kongera ubumenyi mpuzamahanga n’ubunararibonye.

Sura aha ubone byinshi
Sura aha ukeneye ibibazo bibazwa
Saba aha kwiga

IMIHIGO NEWS | UBUREZI

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153