![]() |
| Umuvugizi w'ungirije wa guverinoma y'urwanda 2026 |
Asimbuye Alain Mukuralinda witabye Imana mu mwaka ushije 2025 muri
Mata azize uburwayi bwo guhagaraga kwe k’umutima.
Gashyantare 2025 ni bwo Uwera Jean Maurice wamenyekanye
nk’umunyamakuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), by’umwihariko mu
biganiro nka ‘Waramutse Rwanda’,tombora zitandukanye zaberaga kuri
Televiziyo y’urwanda,amakuru ya Televiziyo y’u Rwanda kandi akaba n’umuyobozi
wa SK FM afatanya na Sam Karenzi akaba ariyo mirimo nakoraga mbere y’uko agirwa
umuvugizi w’ungirije wa guverinoma y’Urwanda.
Uwera amaze imyaka icumi n’ine irenzeho amezi mu mwuga w’itangazamakuru
aho afite ubunararibonye mu bijyanye no gutangaza amakuru no mu bijyanye
n’itumanaho, akabifatanya no kuba inzobere mu bijyanye n’itangazamakuru ryo mu
Rwanda.
Mbere yo kugirwa umuyobozi wa Radiyo kuri SK FM, Uwera Jean
Maurice yakoze imirimo itandukanye muri RBA kuva mu 2016, harimo gutangaza
amakuru kuri televiziyo, umuyobozi muri Magic FM n’indi.
Uwera Jean Maurice yatangiye umwuga we w’itangazamakuru mu mwaka
wa 2011 mu kwezi kwa Kabiri akora kuri Flash FM & TV na bwo ari umuyobozi
ushinzwe ikorwa ry’ibiganiro n’amakuru (Production Manager) nk’ibyo yakoraga
kuri SK FM.
Afite impamyabumenyi y’Icyiciro cya Kabiri cya kaminuza mu
Itangazamakuru n’Itumanaho yavanye I Kabgayi muri kaminuza ya ICK (Institut
Catholique de Kabgayi)
Tumwifurije Imirimo mwiza!


0 Comments
Imihigonews