Washington, Amerika – Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Iran ishobora kurimburwa burundu mu gihe yaba igerageje kumwica cyangwa ikagira igitero cyo kumurasa, agira ati: “Niba hari icyo gikorwa cyabaho, bazahanagurwa burundu ku isi.”
Ibi Trump yabitangaje mu kiganiro kuri televiziyo ya NewsNation
ku wa kabiri aho yagarutse ku makuru n’ibyago by’iterabwoba bivugwa ko
byaturutse ku bayobozi ba Iran.
Trump yavuze ko yatanze amabwiriza akomeye cyane ku buryo
Amerika igomba gusubiza mu gihe haba habaye igitero anashimangira ko ingaruka
zabyo zizaba mbi cyane ku gihugu cya Iran.
Trump mu ijambo rye mu kiganiro, yagize ati:“Ntabwo bikwiye
kubikora. Nta kindi gihugu cyabizira ibyo twabiteguye neza. Niba hari igikorwa
cyabaho, igihugu cyose kizahanagurwa. Nta kintu na kimwe kizabaho.”
Perezida wa Amerika yashimangiye ko kugeza ubu Iran itaragerageza
igikorwa icyo aricyo cyose, ariko ko kubikora byazaba ari intambara ikomeye
kandi ifite ingaruka zikomeye ku gihugu cyose.
Trump yavuze kandi ko yatanze amabwiriza agaragaza uburyo
igihugu cyose cyakurikiranwa n’ingabo za Amerika mu gihe habaye igitero cyo
kumuhitana, asaba Iran kutatekereza ku gikorwa nk’icyo kuko ingaruka zizaba
“ziteye ubwoba”.
N’ubwo Trump yatangaje ubu butumwa bukomeye, Iran nayo yatanze ubutumwa
bugaragaza ko bazagira igisubizo gikomeye mu gihe hazaba igitero ku Muyobozi
Mukuru, Ayatollah Ali Khamenei. Inteko ishinzwe umutekano mu Nteko Ishinga
Amategeko ya Iran yavuze ko icyo gikorwa cyafatwa nk’intambara.
Bivugwa ko Iran yafashe imyanzuro yo kwanga ibikorwa by’ubugizi
bwa nabi, ariko yabwiye isi ko igikorwa icyo aricyo cyose cyo kuyobya amahoro
kizazana intambara y’ibyugarijwe ku rwego mpuzamahanga.
Abahanga mu by’umutekano bavuga ko ubu butumwa bwa Trump
bushobora kongera umwuka w’intonganya mu karere ka Mideast, bikaba byateza ingufu
n’intambara z’amagambo hagati y’ibihugu byombi. Bivugwa kandi ko ibi bishobora
kugira ingaruka ku ubucuruzi bw’isi, amasoko ya peteroli n’umutekano
w’abasivile muri ako karere.
Ubutumwa bwa Trump buhamagarira Iran kutagira icyo ikora, bukaba
intambwe ikomeye mu magambo y’intambara ku rwego rw’isi. Abasesenguzi bavuga ko
ibi bishobora kuba intangiriro y’ingaruka zikomeye mu karere cyane cyane ku
mutekano n’ubukungu bw’isi yose.
IMIHIGO NEWS | With in the best News

0 Comments
Imihigonews