Abari Barashimuswe na Barwanyi muri Kogi State bose Barekuwe nyuma y’Ibyumweru by’Ubwumvikane
Abashimuswe 6 ba nyuma barekuwe, hasozwa icyumweru
cy’icuraburindi cyari kimaze ukwezi kirenga mu gace ka Aiyetoro-Kiri
Kogi State, Nigeria – Itsinda ry’abantu bitwaje intwaro ryari
ryarashimuse abaturage bo mu gace ka Aiyetoro-Kiri mu karere ka Kabba/Bunu
Local Government Area muri Leta ya Kogi mu gihugu cya nijeriya ryarekuye
abashimuswe batandatu ba nyuma, risoza igikorwa cyari kimaze ibyumweru byinshi
cyateje ubwoba n’agahinda mu baturage.
Aya makuru yemejwe kuri uyu wa Gatatu n’Ishyirahamwe
ry’Iterambere rya Aiyetoro-Kiri Bunu (AKBDA), rivuga ko kurekurwa kwabo
kwaturutse ku biganiro byari bimaze igihe bihuza impande zitandukanye ndetse
n’itangwa ry’ingurane (ransom).
Nk’uko iri shyirahamwe ribitangaza, iki gikorwa cyashyize
iherezo ku bihe bikomeye byari byugarije abashimuswe, imiryango yabo
n’umuryango mugari w’ako gace.
Iki kibazo cyatangiye ku wa 14 Ukuboza 2025 nibwo abagizi ba
nabi bakekwaho kuba abarwanyi bitwaje intwaro bagabaga igitero ku rusengero rwa
Evangelical Church Winning All (ECWA) ruherereye mu mudugudu wa Aiyetoro-Kiri.
Muri icyo gitero, umuntu umwe yahise ahasiga ubuzima, mu gihe abakirisitu
benshi bashimuswe.
AKBDA yatangaje ko kurekurwa kw’abashimuswe kwabaye mu byiciro
bitandukanye. Itsinda rya mbere rigizwe n’abantu barindwi ryarekuwe ku wa 1
Mutarama 2026, rikurikirwa n’abandi batatu barekuwe ku wa 12 Mutarama, mu gihe
abandi 14 barekuwe ku munsi wakurikiyeho. Abashimuswe batandatu ba nyuma ni bo
barekuwe mu minsi ishize, hasozwa burundu iki gikorwa.
Mu itangazo ryayo, iri shyirahamwe ryashimiye Imana ku bw’uko
abashimuswe bose basubijwe mu miryango yabo amahoro, rinashimira imiryango
y’ababashimuswe, abaturage b’ako gace n’abandi bose bagize uruhare mu gutanga
inkunga n’ihumure mu bihe bikomeye.
Abasesenguzi mu by’umutekano bavuga ko iki gikorwa cyongeye
kugaragaza ikibazo cy’umutekano mucye ukomeje kugaragara mu bice bimwe na bimwe
bya Nijeriya cyane cyane mu byaro no mu nsengero, bikaba bisaba ingamba zihamye
zo kurengera abaturage n’aho bateranira.
Ku baturage ba Aiyetoro-Kiri, n’ubwo bishimira kugaruka
kw’ababo, haracyari impungenge z’uko umutekano urambye utaragerwaho, bityo
bakaba basaba Leta gushyira imbaraga mu gukumira ibitero by’abitwaje intwaro no
guhana ababigizemo uruhare.
IMIHIGO NEWS | With in the best News

0 Comments
Imihigonews