Umujyi wa Kigali urasaba Inteko Ishinga Amategeko kuwukorera ubuvugizi kugira ngo wihutishwe
Umujyi wa Kigali wagaragarije Komisiyo y’Ingengo y’Imari
n’Umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko ko inyigo yo kubaka gare nshya
ya Nyabugogo yamaze gukorwa ariko usaba ko uyu mushinga wihutishwa kubera ko
hari amasezerano atarasinywa hagati ya Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi
(MINECOFIN) na Banki y’Isi yagombaga kuwutera inkunga bigatuma imirimo yari
iteganyijwe gutangira mu 2025 itinda.
Gare ya Nyabugogo ni yo shingiro ry’ingenzi ry’ubwikorezi
rusange mu Rwanda, ihuza Umujyi wa Kigali n’intara zose ndetse n’imijyi ikomeye
yo mu karere. N’ubwo imaze imyaka myinshi igaragaza ibibazo by’ubucucike
n’imikorere idajyanye n’igihe, umushinga wo kuyivugurura ku rwego mpuzamahanga
umaze imyaka myinshi udindira.
Mu igenzura Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo bya Leta
yakoze mu Mujyi wa Kigali, abadepite babajije impamvu imishinga imwe n’imwe
irimo n’uw’ivugururwa rya Gare ya Nyabugogo ikomeje kudindira nyamara yari mu
igenamigambi ry’imyaka yashize.
Raporo y’Umujyi wa Kigali y’ibikorwa by’amezi atandatu ya mbere
y’umwaka w’ingengo y’imari wa 2025/2026 igaragaza ko amasoko arenga atatu
ajyanye n’uyu mushinga yagize imbogamizi, ahanini zishingiye ku masezerano
agomba gusinywa hagati ya MINECOFIN na Banki y’Isi.
Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe imiturire
n’ibikorwaremezo Bwana Dusabimana Fulgence, yavuze ko n’ubwo inyigo y’uyu
mushinga yarangiye ariko kutarangiza amasezerano y’inkunga byabaye intandaro yo
gutinda kwikorwa ryawo.
Yagize ati:“Inyigo yararangiye, iyo ni yo yagombaga kudufasha
kubona amafaranga yo gushyira mu bikorwa umushinga. Twasabye MINECOFIN
kudufasha mu biganiro by’amasezerano. Ntabwo ari uko batifuza gusinya, ahubwo
hari ibikiri mu biganiro bigomba guhuzwa neza.”
Biteganyijwe ko niba nta gihindutse, ayo masezerano azashyirwaho
umukono muri muri uku kwezi kwa Mbere(Mutarama) 2026. Nyuma yayo, hazatangira
gutangwa amasoko ku bazashyira mu bikorwa uyu mushinga, igikorwa gishobora
gufata nibura amezi 10 ku buryo uwatsindiye isoko yamenyekana mu Ukwakira 2026.
Mu gihe gahunda zakomeza kugenda neza, mu Mutarama 2027
hazatangira inyigo yimbitse y’ubwubatsi no gushyira mu bikorwa imirimo yo
kubaka, ikazamara imyaka ibiri ku buryo gare nshya ya Nyabugogo yaba yuzuye neza
mu mwaka wa 2029.
Uyu mushinga uteganyijwe gutwara hagati ya miliyoni 100$ na
miliyoni 150$, uzubakwamo aho imodoka ziparika aho abagenzi bategerereza,
ibiro, aho gucururiza, aho kwishyurira, aho kubariza amakuru, ahakorera inzego
z’umutekano n’ahantu ho kuruhukira.
Gare ya Nyabugogo yafunguwe mu 1998, ihita iba ihuriro rikuru
ry’imodoka zijya cyangwa ziva mu Mujyi wa Kigali no mu mahanga arimo Uganda,
Kenya, Tanzania n’u Burundi. Mu 2017, Umujyi wa Kigali watangaje gahunda yo
kuyivugurura ku rwego mpuzamahanga ariko uwo mushinga wagombaga gutangira mu
2018 uradindira.
Wari wabanje guteganywa gushyirwa mu bikorwa na Sosiyete ya RFTC
ku mafaranga agera kuri miliyari 45 Frw mbere y’uko hatangazwa ko Banki y’Isi
ariyo izawutera inkunga.
N’ubwo umushinga wa gare nshya ya Nyabugogo ufite inyigo yuzuye
n’icyerekezo gisobanutse, ugikomeje kudindira kubera amasezerano atarasinywa,
Umujyi wa Kigali wizeye ko ubuvugizi bwa Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo
bya Leta buzihutisha ishyirwa mu bikorwa ryawo. Abaturage n’abakoresha iyi gare
biteze ko izavugururwa ikagera ku rwego mpuzamahanga, igatanga serivisi inoze
kandi ijyanye n’iterambere ry’Umujyi wa Kigali n’igihugu muri rusange.
IMIHIGO NEWS | With in the best News


0 Comments
Imihigonews