
Kigali, Rwanda – Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri
y’Uburezi, Irere Claudette yavuze ko kwinjiza Artificial Intelligence (AI) mu
burezi atari ukugabanya ubushobozi bw’abarezi cyangwa abanyeshuri, ahubwo ari
uburyo bwo kongera ubumenyi n’ubushakashatsi.
Ibi yabitangaje ubwo hafungurwaga Inama Mpuzamahanga yiga ku
Burezi iri kubera i Kigali, igahuza insanganyamatsiko z’uburezi, ubuzima
n’ibidukikije.
Mu mpinduka ziri ku isi, AI ni kimwe mu bigezweho kandi yagiye
ishyirwa mu nzego zose, harimo n’uburezi. Abarimu bo mu Rwanda batangaza ko
batangiye gukoresha AI mu masomo atandukanye, harimo n’Introduction to
Artificial Intelligence mu mwaka wa kane, isomo ryerekana ishusho rusange
y’ubwenge buhangano.
Habyarimana Prijecte, umwarimu muri Rwanda Coding Academy, avuga
ko AI ibafasha gukora ibintu byihuse mu buryo bw’ikoranabuhanga, ndetse
bikanafasha abanyeshuri kwiga neza.
“Uretse gukoresha AI, natwe tugira uruhare mu kubukora. Hari AI
twamaze iminsi tugerageza ikora nk’umwarimu wigisha ndetse turi gukora n’indi
izafasha abarimu gukosora ku buryo bwihuse kandi bwizewe,” yavuze.
Ishimwe Cynthia, umunyeshuri uri mu mwaka wa nyuma muri Rwanda
Coding Academy, yashimangiye ko AI ibafasha gukurikirana iterambere
ry’ikoranabuhanga, bityo bakaba ku rwego rumwe n’abandi bo mu marushanwa
mpuzamahanga.
Yongeyeho ko Mbere ibintu byacaga intege iyo hatakoreshejwe AI.
Gukoresha AI bidufasha kugera ku muvuduko nk’uwabandi no guhangana n’ibyifuzo
by’isoko ry’akazi rihindagurika.
Umunyamabanga wa Leta Irere Claudette yavuze ko ubwenge
buhangano bukiri mu mikoreshereze mu Rwanda, ariko bugomba gukoreshwa neza
kandi n’abantu bakabugenzura.
“AI ntabwo ari yo izi ibisubizo byose. Ibyo ikora byose bisaba
ko umuntu abireba, abigenzure kandi abikosore. AI ntisimbura umwarimu,”
yasobanuye.
Mu Mata 2023, Inama y’Abaminisitiri yemeje Politiki y’Igihugu
y’imyaka itanu yo kwihutisha AI, aho u Rwanda ruzashoramo $76,5 miliyoni mu
kongera ikoreshwa rya AI mu nzego zitandukanye, hagamijwe guteza imbere
ubukungu bw’igihugu. Inyigo yerekanye ko AI ishobora kunguka u Rwanda miliyari
589 Frw mu gihe cy’imyaka mike.
Mu nama ya Transform Africa Summit 2025 (TAS2025), Perezida Paul
Kagame yavuze ko AI yitezweho kongera 5% ku musaruro mbumbe w’igihugu.
IMIHIGONEWS
0 Comments
Imihigonews