-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Kigali isobanura impamvu umuhanda wacukuwe utasubijwe neza, Auto Repair by Agateganyo


Kigali, Rwanda – Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine, yatangaje ko umuhanda wari wacukuwe kugirango hagezweho itiyo y’amazi, gusana byakozwe mu buryo bw’agateganyo, kandi ko kaburimbo izasubirwamo nyuma y’imirimo yose. Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje ibice by’umuhanda byasubijweho sima ariko hatagaragaraga kaburimbo kuzura, ibintu byateje impaka mu baturage.

Amashusho ku mbuga nkoranyambaga yerekana umuhanda wari wacukuwe kugira ngo hagezweho itiyo y’amazi, aho nyuma yaho abasana basubijeho ibisate bya kaburimbo ariko bashyiraho sima aho gusubizamo kaburimbo ku buryo bwuzuye.

Abakoresha imbuga nkoranyambaga benshi bagaragaje ko uburyo bwo gusana budahuye n’ibyari byitezwe, bavuga ko hagombaga gusubizwamo kaburimbo nk’uko wari umeze mbere.



Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine, abinyujije kuri X, yasobanuye ko ibyo bikorwa byari mu rwego rw’agateganyo mu gihe hategerejwe imirimo yose irangiye.

Ati:“Ibi byakozwe ni agateganyo kuko imirimo yose yari itararangira, mu gihe hitegurwa gusubiza kaburimbo uko yari imeze imirimo yose irangiye. Gusiga umuhanda udateranyije ni bwo wari gupfa kandi ukagendeka nabi. Ntabwo umuhanda warangijwe ahubwo warasatuwe kugira ngo hanyuzwemo itiyo y’amazi kandi amazi na yo aba agomba gukomeza kugezwa hose.”

Kugeza ubu, 82% by’ingo zo mu Rwanda zigerwaho n’amazi meza, bivuze ko amavomo ari nibura muri metero 500, bityo gukomeza kugeza amazi ku baturage byari ingenzi cyane.

Umujyi w’U Kigali urasaba abaturage kwihangana mu gihe hategerejwe gusubirwamo kaburimbo ku buryo bwuzuye. Ibi kandi bigaragaza ko imirimo y’ibanze yo kugeza amazi ku baturage ari priorite, n’ubwo bishobora gutera impaka ku buryo bwo gusana imihanda.



 IMIHIGONEWS

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153