
Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Amnesty
International, watangaje ko wakiriye ubuhamya bw’abantu nibura 25 bahunze
Koreya ya Ruguru, bugaragaza ko hari abaturage, barimo n’abanyeshuri, bicwa
bazira kureba filime n’ibiganiro bya televiziyo byo mu mahanga birimo Squid
Game, kumva indirimbo zo mu njyana ya K-pop cyangwa gukurikirana ibindi
bitangazamakuru byo hanze y’igihugu.
Aya makuru akubiye muri raporo ishingiye ku biganiro byimbitse
Amnesty International yagiranye n’aba bahunze, agaragaza ko gukoresha
ibihangano bikomoka muri Koreya y’Epfo bifatwa nk’icyaha gikomeye gishobora
guhanishwa ibihano birimo igifungo kirekire, imirimo y’agahato cyangwa urupfu.
Amnesty International ivuga ko ibi bishingiye ku itegeko
ryashyizweho mu 2020, rigamije gukaza igenzura ku bitekerezo n’umuco aho
ibihangano by’amahanga bifatwa nk’ingengabitekerezo ibangamira igihugu. Ukoreshwa
ryabyo cyane cyane kubikwirakwiza, rishobora guhanishwa ibihano bikomeye cyane.

Barakuzwe cyane north korea muri filimi
Abatanze ubuhamya bagaragaje ko ishyirwa mu bikorwa ry’iri
tegeko ririmo ubusumbane bukabije. Abaturage bakennye n’abadafite aho bahurira
n’inzego z’ubutegetsi, bahura n’ibihano bikarishye, mu gihe abakize cyangwa
abafite ubushobozi batanga ruswa kugira ngo birinde gukurikiranwa n’ubutabera.
Umwe mu bahunze yavuze ko hari imiryango igurisha amazu cyangwa
imitungo yayo kugira ngo ibone amafaranga yo gutanga ruswa, hagamijwe gukiza
abo mu muryango bafashwe bareba cyangwa bakoresha ibihangano byo mu mahanga,
kugira ngo batoherezwa mu bigo ngororamuco.
Ku rundi ruhande, abadafite ayo mahirwe bahura n’ibihano
bikomeye birimo no kwicwa ku mugaragaro, bikozwe nk’uburyo bwo gutanga isomo ku
bandi baturage. Bamwe mu batanze ubuhamya bavuze ko abanyeshuri, barimo abo mu
mashuri yisumbuye, bahatirwa kureba ibi bikorwa byo kwica abantu.
Umwe mu baganiriye na Amnesty International yavuze ko yigeze
kumva inkuru y’abantu, barimo n’abanyeshuri bo mu Ntara ya Yanggang, bishwe
bazira kureba filime Squid Game.
Raporo igaragaza kandi ko ibikorwa byo gushakisha no gufata
abafite ibihangano byo mu mahanga bikorwa n’itsinda ryihariye rizwi nka “109
Group”, rifite ububasha bwo kugenzura ingo z’abaturage ndetse n’ibikoresho
byabo by’ikoranabuhanga birimo telefoni na mudasobwa.
Nubwo hari izi ngamba zikaze n’ubwoba bwo guhanishwa urupfu,
Amnesty International ivuga ko ibihangano byo mu mahanga bikomeje gukoreshwa
rwihishwa muri Koreya ya Ruguru, aho byinjizwa cyane binyuze kuri flash
disks zituruka mu Bushinwa.

Abagerageje kureba suid game barapfa
Abatanze ubuhamya banavuze ko n’abayobozi bamwe ndetse n’abagize
inzego z’umutekano bakoresha ibi bihangano mu ibanga, nubwo ari bo bashinzwe
kubikumira.
Benshi mu baganiriye n’uyu muryango wita ku burenganzira bwa
muntu bahunze Koreya ya Ruguru mbere y’umwaka wa 2020, ariko ubuhamya bwabo
bukagaragaza ko igitutu n’ibihano byakomeje gukazwa mu myaka yakurikiyeho.
0 Comments
Imihigonews