-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Rumaga Junior asobanura impamvu y’igisigo Inzira y’Umusaraba yise icy’imbaraga ku banyempano



Umusizi Rumaga Junior yatangaje ko igisigo
Inzira y’Umusaraba yakoranye na Kivumbi King cyaturutse ku bitekerezo yari amaranye igihe, ku rugendo rugoye abanyempano banyuramo mbere y’uko impano zabo zimenyekana n’abaturage.

Iki gisigo kimaze amasaha make gisohotse ku mbuga zicuruza umuziki, aho cyakiriwe neza n’abakunzi b’ubusizi n’abahanzi batandukanye.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Rumaga Junior yavuze ko yahisemo iyi nsanganyamatsiko nyuma yo kwitegereza uburyo abantu bishimira intsinzi y’abanyempano, ariko bakirengagiza inzira igoye baba baranyuzemo.

Yagize ati:“Ni igitekerezo nari maranye iminsi, ntekereza ku buzima impano zinyuramo kugira ngo zigere aho abantu bazishimira nk’aho byaje byikora.”

Yongeyeho ko mu rugendo rwo gukuza impano iyo ari yo yose, nyirayo abanza kunyura mu bihe bigoye birimo gucibwa intege, kudashyigikirwa no kudahabwa amahirwe, ndetse hari n’izipfira mu nzira rubanda zitazigeze zimenyekana.

Ati:“Bamwe tubona impano nk’ururabo rwamaze kumera, nyamara rwabanje kurambana ku gitaka. Ni yo mpamvu twise iyi nzira ‘Inzira y’Umusaraba’, kuko impano igomba kubanza kubambwa kugira ngo izuke.”

Rumaga yavuze ko igisigo Inzira y’Umusaraba cyakozwe mu rwego rwo guhumuriza no gutera imbaraga abanyempano bacibwa intege, abibutsa ko impano zabo zifite icyo zimariye abandi.

Ati:“Ntucike intege, kuko ntabwo ari wowe wenyine wibereyeho. Hari abantu ubereyeho. Hari igihe abantu bakubona nk’aho wageze kure, ariko wowe ukaba wumva inzozi zawe utaranazitangira.”

Ku bijyanye no gukorana na Kivumbi King, Rumaga yavuze ko byatangiye ari igitekerezo cyaje gukura kigahinduka umwanzuro, ahitamo Kivumbi kubera impano n’ubuhanga bwe mu busizi.

Ati:“Natekerezaga ku muntu twakorana, Kivumbi aza mu bitekerezo byanjye, anyorohereza gufata umwanzuro.”

Yongeyeho ko Kivumbi ari umuhanzi mwiza cyane, cyane cyane mu bijyanye n’ubusizi, anagaragaza ko bamaze igihe kinini bafitanye umubano mwiza kuva mu 2018, ubwo bari basangiye ubujyanama bwa ‘management’.

Iki gisigo kije nyuma y’iminsi mike Rumaga Junior agirana amasezerano n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye, bwamuhaye Umusozi wa Kiruri, ufatwa nk’igicumbi cy’abasizi, kugira ngo awubyaze umusaruro binyuze muri sosiyete ye Siga Rwanda.

Rumaga n’itsinda bafatanya bakomeje gutegura iserukiramuco ngarukamwaka ry’ubusizi n’ubundi buhanzi, riteganyijwe kuzajya ribera mu bice bitandukanye by’Igihugu.

 



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153