-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Gatsibo: Umwarimu wa GS Ntete Yarekuwe burundu

Ibiro by'umurenge wa Kiramuruzi

Ubuyobozi bw’Akagari ka Nyabisindu mu Murenge wa Kiramuruzi hamwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) batangaje ko umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Ntete yarekuwe nyuma yo gukekwa gukorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina umwana w’imyaka 14, ni nyuma yiperereza ryakozwe bagasanga ntashingiro bifite.

Inkuru duheruka kubagezaho y’umwarimu w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka mirongo ine (40) y’amavuko, washinjwaga gukorera ihohoterwa n’umwana w’umuhungu wiga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza, yajyanywe kuri RIB tariki ya 8 Ukuboza 2025. Nyuma y’igihe gito, yarekuwe bidasubirwaho. Amakuru atangazwa n’abarera uyu mwana avuga batigeze babibwirwa hanyuma nabo bakore iperereza ryabo ry’imbitse bityo ko batigeze bamenya ibyaba byarabaye kuri uyu mwana dore ko ngo yabahishe amakuru.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwagaragaje ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2023/24 mu gihugu hose abantu 4.901 bakurikiranyweho icyaha cyo gukorera abana ihohoterwa rishingiye ku gitsina, harimo abagabo 4.767 n’abagore 134.

Abana batangiwe ibyo birego byo guhohoterwa bari 4.849, harimo abakobwa 4.646 n’abahungu 203.

Ubu, umwarimu wa GS Ntete yarekuwe byaburundu, icyakora cyo amakuru ava mu baturage avuga ko n’ubwo mwarimu yasubiye mu kazi umwana we yahisemo kuva mu ishuri, mu byo avuga bituma adasubira mu ishuri avuga ko afite ipfunwe kubyabaye kuko abanyeshuri bigana ba muserereza. Gusa kuruhande bw’ubuyobozi bwite bwa leta ndetse n’ubwishuri ntaruhare rwakozwe kugira ngo harebwe impamvu uyu mwana yahisemo guta ishuri. Ibi birerekana ko Ababyeyi bamwe nabamwe bibagiwe ko umwana ariwe shingiro ry’ubumenyi

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153