Mu Rwanda, hashize imyaka 16 icyumweru cya kabiri cya Gashyantare kigenerwa ibikorwa byo kurwanya ruswa mu nzego z’ubutabera, hagamijwe gukangurira abari muri uru rwego gukorera mu mucyo no gutanga ubutabera buboneye.
Ibi byongeye gushimangirwa kuri uyu wa 9 Gashyantare 2026, ubwo
hatangizwaga ku mugaragaro icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa mu butabera,
inzego zigize urunana rw’ubutabera zemeza ko nubwo ruswa ikomeje kurwanywa
byimazeyo, igihari kandi igikeneye ingamba zikarishye.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Mukantaganzwa Domitilla,
yatangaje ko no mu bacamanza ruswa igaragara, aho mu mwaka wa 2024/2025
hirukanwe abacamanza 13 bakekwaho kuyijandikamo. Yavuze ko mu myaka 20 ishize, abakozi
b’inkiko 57 bamaze kwirukanwa bazira ruswa.
Yagize ati: “Ruswa mu nkiko ntikwiriye kubaho kuko ubutabera
ari uburenganzira bw’umuntu kandi ntibugurwa. Ndasaba abaturage kwima amatwi
ababashuka ko kwihutisha urubanza bisaba ruswa, ahubwo bagahita batanga amakuru
igihe bahawe serivisi mbi.”
Mukantaganzwa yanibukije abacamanza n’abanditsi b’inkiko ko serivisi
nziza ari uburenganzira bw’abagana inkiko, abasaba kwirinda gusiragiza
ababuranyi no gusubika imanza nta mpamvu zumvikana.
Umuyobozi wa Komite ishinzwe kurwanya ruswa mu nkiko, Kariwabo
Charles, yavuze ko umukozi wese w’inkiko agomba kwirinda imikorere mibi
ishobora kuvamo ruswa. Yasobanuye ko guhanishwa ruswa bidusaba gufatana umuntu
indonke, ahubwo bishingira ku kugaragaza ko serivisi yatanzwe inyuranyije
n’amahame y’ubutabera.
Ku ruhande rw’Ubushinjacyaha, Umushinjacyaha Mukuru, Habyarimana
Angélique, yatangaje ko mu myaka itatu ishize, abakozi 18 b’Ubushinjacyaha
bamaze guhanwa bazira ibyaha bifitanye isano na ruswa, aho batatu muri bo kuri
ubu bafunzwe. Yashimangiye ko ubufatanye n’abaturage ari ingenzi mu guhashya
iki cyaha.
Perezida w’Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda, Me Nkundabarashi Moïse,
yavuze ko mu mwaka ushize abavoka bane bakurikiranyweho ruswa, nubwo umwe muri
bo yaje kugirwa umwere, ashimangira ko urugamba rukomeje kandi rukeneye
ubufatanye.
Umunyamabanga Mukuru wungirije wa RIB, Kamarampaka Consolée, yagaragaje ko mu myaka itatu ishize uru rwego rwakoze dosiye 1.822, rurebana n’abantu 3.448 bakekwaho ibyaha bya ruswa n’inyerezwa ry’umutungo. Muri zo, 70% zari iz’inyerezwa ry’umutungo naho 30% zikaba izo gusaba no kwakira ruswa.
RIB yagaragaje ko 40% by’abakekwaho ruswa ari abakozi ba Leta, 53%
ari abikorera, mu gihe 1% ari abo mu miryango itari iya Leta. Mu bijyanye no
gufatira umutungo, hafatiriwe arenga miliyari 1,1 Frw ku byaha bya ruswa, mu
gihe ku byaha byo kunyereza umutungo hafatiriwe hanagaruzwa miliyari 36,8 Frw
n’amafaranga atandukanye y’amahanga.
Guhera mu 2018 kugeza 2025, RIB yakurikiranye abakozi bayo 73,
aho 50 muri bo birukanwe bazira imyitwarire itajyanye n’akazi.
Ku rundi ruhande, Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine, yatangaje
ko u Rwanda rufite intego yo kuba urwa mbere ku Isi mu kurwanya ruswa mu myaka
25 iri imbere, ruva ku mwanya wa 43 ruriho ubu. Yavuze ko mu turere 10 aheruka
gusura, bakiriye ibibazo by’akarengane birenga 3.000, aho 43% byahise
bikemurwa.
Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Transparency International Rwanda, Mupiganyi
Appolinaire, yashimye intambwe igenda iterwa mu kurwanya ruswa mu nzego
z’ubutabera, asaba ko uwo murongo ukomeza gushimangirwa.


0 Comments
Imihigonews