-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Umunyamerika IShowSpeed ahagaritse “streaming” nyuma yo kuvuga ko $800,000 ahembwa ku kwezi kuri YouTube ari make

Ishowspeed mukiganiro kuri Radiompuzamahanga

Icyamamare wamenyekanye cyane muri YouTube n’imbuga nkoranyambaga, Umunyamerika Darren Watkins Jr uzwi nka IShowSpeed, yatangaje ko ahagaritse by’agateganyo gukora “streaming” nyuma yo kuvuga ko amafaranga agera ku $800,000 (asaga miliyari 1.16 Frw) ahembwa ku kwezi kuri YouTube ye asanze ari make ugereranyije n’imbaraga n’igihe ashyira mu kazi. Aya makuru yatangiye gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga guhera ku wa 7 Gashyantare 2026.

Mu mashusho yasangije abakunzi be kuri Facebook na X (yahoze ari Twitter), IShowSpeed yavuze ko atifuza gufatwa nk’umubeshyi cyangwa umunyabinyoma ariko ashimangira ko yumva indishyi ahabwa na YouTube zitajyanye n’urwego rw’akazi akora n’ubwitabire bw’abamukurikirana.

Yagize ati amafaranga mpembwa n’ubwo ari menshi ku rwego rusange, ariko ntahuye n’ibyo atanga n’imbaraga ashyira mu gutegura no gukora ibiganiro bye bya “live streaming”.

Amagambo ye yakurikiwe n’impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga. Bamwe mu bakoresha YouTube n’abamukurikira bagaragaje ko $800,000 ku kwezi ari amafaranga menshi cyane yifuzwa na benshi, bityo ko atari byiza kuyita “make”.

Abandi bo bagaragaje ko ku rwego rw’ibyamamare bifite abamukurikira babarirwa muri za miliyoni, amafaranga ava ku kwamamaza, ubufatanye n’amasosiyete n’andi mahirwe ashobora gutuma yumva hari aho agabanirijwe.

Uretse ikibazo cy’amafaranga, IShowSpeed yavuze ko impamvu yo gufata akaruhuko ari uko ibikorwa bye bimusaba imbaraga nyinshi n’igihe kinini, bityo akeneye kuruhuka no kwisuganya.

Ntabwo yatangaje igihe azamara muri aka karuhuko, ibintu byatumye hacicikana ibihuha bivuga ko ashobora kuba ashaka kuva burundu mu kazi ko gukora “streaming”. Icyakora, nta tangazo rasmi arashyira hanze rivuga ko asezeye burundu kuri YouTube.

IShowSpeed n’uruzinduko mu Rwanda

IShowSpeed aherutse kugirira uruzinduko mu Rwanda, aho yatembereye ahantu hatandukanye harimo Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, Stade Amahoro n’ahandi mu Mujyi wa Kigali, anakorana ibiganiro n’Abanyarwanda banyuranye. Uruzinduko rwe rwakurikiwe cyane ku mbuga nkoranyambaga, rufasha mu kumenyekanisha u Rwanda ku rwego mpuzamahanga.

Ese ejo hazaza he hazaba hate?

Icyemezo cye cyo guhagarika by’agateganyo “streaming” gishobora kugira ingaruka ku mubare w’abamukurikira n’amafaranga yinjiza, ariko nanone kikaba amahirwe yo kwisuzuma no gutegura indi mishinga mishya.

Abasesenguzi mu by’imbuga nkoranyambaga bagaragaza ko ibyamamare byinshi bifata ibiruhuko mu gihe runaka kugira ngo birinde umunaniro ukabije (burnout), bikagaruka bifite imbaraga nshya.

Kugeza ubu, abakunzi be bakomeje gutegereza kumenya niba azagaruka vuba cyangwa niba hari impinduka zikomeye ateganya mu mikorere ye.

Ese waba uzi amateka ye? Soma 


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153