
Umusizi Junior Rumaga yatangaje ko igihano yahawe akiga mu
mashuri yisumbuye cyamubereye intangiriro y’urugendo rwe mu buhanzi, aho
yahisemo gukura impano ye mu busizi ikavamo umwuga umwinjiriza ndetse uha
amahirwe n’abandi.
Yabigarutseho mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 12 Gashyantare
2026, ubwo yari yatumiwe mu gace k’igitaramo cy’urwenya kizwi nka Meet Me to
Night, ahahurira ibyamamare n’abakiri bato bifuza kumenya uko batangiye n’uko
batsinze imbogamizi.
Rumaga yasobanuye ko ubwo yari ageze mu mwaka wa gatandatu
w’amashuri yisumbuye, yigeze guhabwa igihano cyo guhagarikwa by’agateganyo
(weekend) nyuma yo kwanga kuvuga umuvugo wari warateguwe n’ikigo yigagamo. Icyo
gihe, ubuyobozi bwari bwamuteganyirije kuzawuvuga mu gikorwa cyari cyatumiwemo Radio
Maria Rwanda.
Uyu musizi yavuze ko yari yarafashe umwanzuro wo guhagarika
iby’imivugo akibanda ku masomo, yitegura ibizamini bya Leta. Kubera ko atari
yarateguye uwo muvugo, yahisemo kutajya kuwuvuga ku rubyiniro. Icyemezo cye
cyaje gufatwa nk’agasuzuguro, bituma ahanishwa igihano cyamubabaje cyane.
Gusa ngo aho kugira ngo kimuce intege, cyamubyariye icyifuzo cyo
kwerekana ko impano afite ishobora kumugirira akamaro ndetse ikamugirira
n’umuryango we inyungu. Yagize ati, mu bitekerezo byange nahise numva ko niba maniwe
impano, shobora no kuyibyaza umusaruro nkayigira umwuga wange.
![]() |
| Siga art rwanda festival |
Nyuma y’icyo gihe, Rumaga yakomeje guteza imbere impano ye, aza no gushinga itsinda ry’abasizi rizwi nka Ibyanzu, rigamije guteza imbere ubusizi no gufasha urubyiruko rufite impano kwinjira mu mwuga w’ubuhanzi.
Yaje no gutangiza urubuga rw’ikoranabuhanga rwitwa Siga Art
Rwanda, rugamije gucururizwaho ibihangano no gufasha abakunda ururimi
rw’Ikinyarwanda kurwiga no kurunoza. Yavuze ko kimwe mu byamugoye agitangira
ari ukubona amakuru n’uburyo bwo kugeza ibihangano ku isoko, ari yo mpamvu
yashyizeho uru rubuga kugira ngo byoroshye ku bandi bazamukurikira.
Aya magambo ayatangaje mu gihe ari mu myiteguro y’iserukiramuco
yise Siga Art Fest, riteganyijwe gutangirira i Huye ku wa 14 Gashyantare 2026
ku munsi w’abakundana (St Valantin), rikazakomeza mu minsi itatu kuva ku wa 19
kugeza ku wa 21 Gashyantare 2026.
Iri serukiramuco rizahuza ibikorwa bitandukanye birimo imbyino
gakondo, ubusizi n’urwenya, hagamijwe guteza imbere impano z’urubyiruko no
kwagura isoko ry’ibihangano nyarwanda.
Mu gusoza ikiganiro cye, Rumaga yanamurikiye abakunzi be igisigo
gishya yise “Indahiro y’Urukundo”, ashimangira ko ubuhanzi bushobora kuvuka mu
mbogamizi, ariko bukavamo igisubizo ku rubyiruko rufite inzozi zo kwiteza
imbere.
IMIHIGONEWS.RW

0 Comments
Imihigonews