-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Imisanzu ya Mutuelle 2026 Yazamutse: Abari mu Rwego rwa Mbere 4.000 Frw, Abo mu Rwa Gatanu 20.000 Frw ku Mwaka

Mituelle yazamuwe bitewe n'ikicyiro cy'umuryango (sisiteme imibereho)

Guverinoma y’u Rwanda
yashyizeho ibiciro bishya by’imisanzu y’Ubwisungane mu Kwivuza (Mutuelle de Santé), aho umusanzu muto ugeze ku nihumbi bine by’amanyarwanda (4.000 Frw) ku mwaka ku munyamuryango umwe, mu gihe umusanzu munini ugeze kuri 20.000 Frw ku mwaka, hakurikijwe ibyiciro by’imibereho y’abaturage muri sisiteme ya MIBEREHO.

 Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryo ku wa 16 Gashyantare 2026 rishyiraho ingano n’uburyo bwo gutanga umusanzu w’Ubwisungane mu Kwivuza, ryazanye impinduka mu misanzu yatangwaga n’abaturage hashingiwe ku byiciro by’Ubudehe. Iri teka rigamije kongera ubushobozi bw’iyi gahunda, mu rwego rwo gukomeza gutanga serivisi z’ubuvuzi zinoze kandi zigerwaho na benshi.

Ubwisungane mu Kwivuza ni imwe muri gahunda za Leta zafashije abaturage benshi kubona ubuvuzi ku giciro giciriritse, binyuze mu gutanga umusanzu wa buri mwaka.

Nk’uko biteganywa n’iteka rishya, abaturage bari mu rwego rwa mbere rw’imibereho bazajya batangira ku mafaranga ibihumbi 4.000 Frw kuri buri muntu ku mwaka, ariko aya mafaranga akazishyurwa na Leta. Ibi bivuze ko abo mu rwego rwa mbere batazishyura ayo mafaranga mu mifuka yabo, ahubwo Leta ikabibafasha mu rwego rwo kubarinda kugorwa n’ubuzima.

Abaturage bari mu rwego rwa kabiri bo bazajya batanga 3.000 Frw kuri buri muntu ku mwaka, hiyongereyeho 1.000 Frw yishyurwa na Leta. Ibi bigaragaza ko Leta ikomeje kugira uruhare mu gufasha abafite ubushobozi buke.

Ku rwego rwa gatatu, umusanzu uzaba ari 5.000 Frw kuri buri muntu ku mwaka, mu gihe abari mu rwego rwa kane bazajya batanga 8.000 Frw kuri buri muntu ku mwaka.

Abari mu rwego rwa gatanu, rugaragaza abafite ubushobozi bwo hejuru, ni bo bazajya batanga umusanzu munini ungana na 20.000 Frw kuri buri muntu ku mwaka.

Izi mpinduka zije mu gihe u Rwanda rukomeje gushimangira gahunda yo kwivuza kuri bose (Universal Health Coverage), hagamijwe ko nta muturage usigara atavuwe kubera ubushobozi buke. Kongera imisanzu biteganyijwe ko bizafasha mu kongera ubushobozi bw’ibigo nderabuzima, kubona imiti ihagije no kunoza serivisi z’ubuvuzi zitangwa hirya no hino mu gihugu.

Abasesenguzi mu by’ubuzima bagaragaza ko nubwo imisanzu yazamutse ku byiciro bimwe na bimwe, uburyo yashyizweho bugerageza kuringaniza ubufasha bwa Leta n’uruhare rw’umuturage, hashingiwe ku bushobozi bwe.

Muri rusange, iteka rishya ryazamuye imisanzu y’Ubwisungane mu Kwivuza rigaragaza icyerekezo cyo gukomeza kubaka gahunda y’ubwishingizi bw’ubuzima irambye kandi itajegajega. Mu gihe Leta ikomeje gufasha abatishoboye, abafite ubushobozi bo basabwe gutanga umusanzu ujyanye n’urwego rwabo, mu rwego rwo gufatanya kubaka sisiteme y’ubuzima ikomeye kandi igera kuri bose.

AMABWIRIZA YIBYICIRO KANDA AHA

IMIHIGONEWS|Ubuzima n’umusanzu wa Mituelle

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153