
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yatangaje ko
bidakwiye kandi bitumvikana ko abantu babiri bashyingiwe, bashyigikiwe
n’imiryango yabo, bananirwa kubana kugeza aho batandukana, ashimangira ko
ibibazo by’abashakanye bikwiye gukemurwa binyuze mu kwihanganirana no
kubabarirana aho guhitamo gutandukana.
Ibi yabigarutseho ku Cyumweru tariki ya 1 Gashyantare 2026, mu
masengesho ngarukamwaka yo gusengera Igihugu azwi nka National Prayer
Breakfast, yahuriyemo n’abayobozi batandukanye n’abaturutse mu nzego zinyuranye
z’igihugu.
Mu ijambo rye, Perezida Kagame yagaragaje ko atumva uburyo
abantu babiri gusa bananirwa kubana, mu gihe iyo baba ari benshi byashoboka
kumvikana, agaragaza ko kwihanganirana ari inkingi ya mwamba mu mibanire
y’abantu.
Yagize ati: “Abantu babiri bananirwa kubana bate? Ari abantu
benshi washyize hamwe byashoboka ariko babiri bikanga? Erega abantu
baranihanganirana. Icyaha mu bantu babiri umwe muri bo aba yakoze gituma undi
avuga ati ‘sinyigushaka aha mvira aha’ ni iki? Ariko se abantu ntibarebana mu
maso bakaganira bakavuga bati ‘ibi bintu ntuzasubire!”
Yakomeje avuga ko nta hantu na hamwe umuntu yajya ngo abure
ibibazo, ashimangira ko igikwiye ari ugushaka ibisubizo aho guhunga ibibazo
kuko gutandukana kw’imiryango bigira ingaruka ku muryango nyarwanda muri
rusange.
Ati: “Ariko se urumva wajya hehe? Ni hehe utasanga ibibazo
nk’ibyo? Tekereza ingaruka zo gutandukana ku muryango umwe, ibiri, icumi… burya
n’igihugu kiba kirimo girasenyuka gahoro gahoro.”
Perezida Kagame yibukije ko kubabarirana bishoboka, anemeza ko
nta cyaha umuntu yakora kitababarirwa, igihe hari ubushake bwo kuganira no
gukemura amakimbirane mu bwubahane.
Aya magambo avuzwe mu gihe Raporo y’Urwego rw’Ubucamanza
igaragaza ko mu mwaka wa 2024/2025 haburanishijwe imanza 2,674 z’abashakanye
basaba gutandukana, umubare ugaragaza uko ikibazo cy’isenyuka ry’imiryango
gikomeje kwiyongera mu Rwanda.
Abasesenguzi bagaragaza ko iyi mibare ikwiye gutuma inzego
zitandukanye, amadini n’imiryango nyarwanda byongera imbaraga mu kwigisha
indangagaciro z’ubwiyunge, kwihanganirana no gukemura amakimbirane mu miryango,
mu rwego rwo kurengera ubumwe bw’igihugu n’iterambere rirambye.
1 Comments
Murakozecyane News mutugejejeho
ReplyDeleteImihigonews