![]() |
Abagura ibicuruzwa basaba fagitire ya EBM bahabwa ishimwe kuri TVA yatanzwe bagura |
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatanze ishimwe rishingiye ku musoro ku nyongeragaciro (TVA) ringana na miliyari 1,327,986,092 Frw ku bayikoreshe bagura ibicuruzwa 157,029. Iri shimwe rigamije gushimira abaguzi bemewe basabye fagitire za EBM mu kwezi ku Ukwakira, Ugushyingo n’ukuboza umwaka wa 2025, rikaba riri hejuru cyane kuva iyi gahunda yatangira.
Abahawe iri shimwe ni abaguzi bemewe 157,020 basabye fagitire mu
gihembwe cya nyuma cy’umwaka ushize, hamwe n’icyenda bahawe andi mafaranga
angana na 7,091,931 Frw ku fagitire zasabwe mu mezi ya Nyakanga, Kanama na
Nzeri 2025.
RRA ivuga ko iri shimwe ari ryo rinini ryatanzwe rimwe kuva iyi
gahunda yatangira, aho kugeza ubu amafaranga yose amaze gutangwa arenga
miliyari 3,7 Frw ku baguzi ba nyuma 370,147.
Uwitonze Jean Paulin Komiseri Wungirije ushinzwe Serivisi
z’Abasora n’Itumanaho muri RRA, yavuze ko:“Abayitabiriye iyi gahunda bakomeje
kubona inyungu zifatika. Uretse iri shimwe, gahunda ifite uruhare rukomeye mu
kwiyubakira igihugu no kwimakaza iyubahirizwa ry’inshingano zo gusora.”
Yakomeje agira ati:“Abaguzi 157,029 bahawe ishimwe uyu munsi
bagize uruhare mu gukusanya miliyari zisaga 13 Frw, umusanzu ukomeye mu guteza
imbere igihugu.”
Kuva gahunda yatangira, abaguzi basaga 700,000 bamaze
kwiyandikisha, berekana ko gahunda ikomeje kugirira akamaro abaturage.
Iteka rya Minisitiri riteganya ko:
Umuguzi wa nyuma uhoze ibintu ku giti cye ahabwa ishimwe rya 10%
ry’umusoro wa TVA ugaragara kuri fagitire.
Kugira ngo ahabwe iri shimwe, umuguzi agomba kwiyandikisha,
atange amazina, nimero ya telefone yo mu Rwanda, konti ya Mobile Money cyangwa
banki, n’indangamuntu.
Kwiyandikisha bikorwa ukoresheje:
*Kwandika 800# kuri telefoni, ugakurikiza amabwiriza.
Urubuga rwa MyRRA, aho ushobora no gukurikirana uko ishimwe
ryiyongera.
Fagitire ya EBM n’uburyo bwo gusaba ishimwe
Umusoro wa TVA ugaragara kuri fagitire ugomba kuba warishyuwe
kugira ngo umuguzi ahabwe ishimwe.
Mu gusaba fagitire, umuguzi yibutsa umucuruzi gushyira nimero ya
telefone yakoresheje mu kwiyandikisha.
Iyo umucuruzi yanze gutanga fagitire ya EBM, umukiliya agomba
kubimenyesha RRA, atanga amakuru arimo: izina n’UMUBARE TIN by’umucuruzi, aho
akorera, itariki yaguze, icyemezo cy’uko yishyuye, hamwe n’agaciro k’ibyo
yaguze.
Icyo gihe, umuguzi ahabwa ishimwe ry’inyongera rya 50% ku gihano
umucuruzi aciwe.
Gahunda y’Ishimwe rya TVA ya RRA igaragaza ko:
Abaguzi bemewe bashobora kungukira mu gusora neza.
Iyi gahunda ifasha kwimakaza umuco wo gusora no guteza imbere
igihugu.
Abaturage barashishikarizwa kwiyandikisha no gusaba fagitire ya
EBM kugira ngo bahabwe inyungu z’ishimwe.
IMIHIGONEWS|Umusoro

0 Comments
Imihigonews