![]() |
| Urujya n'uruza k'umupaka |
Leta y’Uburundi yafunguye umupaka wa Gatumba uhuza iki gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma y’amezi arenga abiri ufunzwe kubera impungenge z’umutekano zatewe n’imirwano yabereye mu mujyi wa Uvira no mu nkengero z’umupaka. Ariko, n’ubwo uyu mupaka wafunguwe haracyari impungenge ku mupaka wa Vugizo uracyafunze kuko ibice biwukikije bikigenzurwa n’abarwanyi ba AFC/M23.
Umupaka wa Gatumba wari wafunzwe guhera mu ntangiriro z’Ukuboza
2025 nyuma y’uko abarwanyi b’ihuriro rya AFC/M23 bafataga umujyi wa Uvira. Leta
y’Uburundi yarawufunze, isobanura ko gukomeza kuwukoresha byari gushyira mu
kaga umutekano w’igihugu cyane ko ingabo z’Uburundi zirwanira mu burasirazuba
bwa RDC, zifatanya na FARDC, Wazalendo na FDLR mu kurwanya AFC/M23 n’umutwe wa
MRDP-Twirwaneho ugenzura Komini ya Minembwe.
Icyemezo cyo kongera gufungura Gatumba cyafashwe ku gitondo cyo
kuri uyu wa mbere, tariki ya 23 Gashyantare 2026, nyuma y’ibiganiro byahuje
abayobozi b’Uburundi na Repuburika ya Congo, bagasuzuma uko umutekano uhagaze
mbere yo kwemerera urujya n’uruza ko rwongera gusubukurwa.
Gufungura umupaka wa Gatumba byitezwe kandi byorohereza impunzi
z’Abanye-Congo zahungiye mu Burundi kuva mu Ukuboza 2025, zibarirwa mu bihumbi
100. Zimwe muri izo mpunzi zari zitangiye gutakamba ngo zisubira iwabo,
zishingiye ku buzima bugoye mu nkambi, aho amakuru avuga ko hari abishwe
n’indwara n’inzara. Ububanyi n’amahanga n’butwererane bw’Uburundi bwari
bwaratinze kuzikemurira ikibazo bwari
bwarahagaze mu buryo bw’igihe gito, ariko ubu gahunda yo gusubiza impunzi mu
gihugu cyazo yasubukuwe.
Gusa kugeza ubu, abantu ba mbere bahawe ibyangombwa n’urwego
rushinzwe abinjira n’abasohoka mu Burundi bamaze kwambuka bagana mu mujyi wa
Uvira. Icyakora, ibihe by’umutekano biracyagenzurwa, kugira ngo hamenyekane
niba urujya n’uruza ruzakomeza mu buryo butekanye.
N’ubwo umupaka wa Gatumba wafunguwe, umutekano w’inkengero
z’umupaka n’ahagana Vugizo uracyari ikibazo. Ibice biwukikije bikigenzurwa
n’abarwanyi ba AFC/M23, bikaba bisaba ko abaturage n’abacuruzi bakurikiza
amabwiriza y’inzego z’umutekano, kugira ngo ibikorwa by’ubucuruzi n’ubuhahirane
bikomeze mu mutekano.
Imihigonews

0 Comments
Imihigonews