![]() |
Abakozi 16 bakomerekeye mu mpanuka y’ikamyo yabereye mu Murenge wa Ruharambuga, Akarere ka Rusizi, ku wa 18 Gashyantare 2026, ubwo yari ibajyanye mu mirimo yo gusana ahangiritse ku muhanda Nyamasheke-Rusizi. Polisi y’u Rwanda ivuga ko impanuka yatewe no kutaringaniza umuvuduko n’imiyoborere mibi y’ikinyabiziga.
Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Rukerereza, Akagari ka
Kanazi, Umurenge wa Ruharambuga, ahazwi nka Shangazi, hakunze kubera impanuka,
ahagana saa Tatu z’igitondo.
Abatangabuhamya bari aho byabereye bavuga ko umushoferi yananiwe
gukata ikorosi, imodoka irenga umuhanda ihita ikomereka abari bayirimo.
Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda mu Polisi y’u Rwanda, SP Emmanuel Kayigi, yemeje ayo makuru avuga ko abakomeretse bose bajyanywe kuvurirwa mu bitaro bya Bushenge.
Yagize ati: “Abarimo bakomeretse byoroheje bajyanwa mu bitaro
bya Bushenge kuvurwa, abenshi bamaze gutaha. Impanuka yatewe no kutaringaniza
umuvuduko n’imiyoborere mibi y’ikinyabiziga.”
Polisi yakomeje yibutsa abatwara ibinyabiziga kwirinda
uburangare no kugenzura umuvuduko, cyane cyane mu duce tw’imisozi n’ahakunze
kubera impanuka, kuko bishobora guteza ingaruka ku buzima bw’abantu no ku
mitungo yabo.
Iyi mpanuka yongeye kwibutsa ko hakenewe kongera ubukangurambaga
bwo kubahiriza amategeko y’umuhanda, by’umwihariko ku batwara ibinyabiziga
bitwara abakozi n’ibikoresho, kugira ngo hirindwe impanuka zishobora guhitana
cyangwa gukomeretsa benshi.
IMIHIGONEWS|Amakuru | Impanuka | Umutekano wo mu Muhanda
.png)

0 Comments
Imihigonews