-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Jenoside 1994: Umutangabuhamya yavuze uko yasabwe kubeshya mu rubanza rwa Muhayimana Claude i Paris

Muhayimana ari kujuririra igihano yakatiwe mu 2021 ubwo yahamywaga uruhare muri Jenoside


Umutangabuhamya wahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatangaje ko yasabwe gutanga ubuhamya burimo urujijo kugira ngo abacamanza batamenya ukuri ku byaha ashinjwa Claude Muhayimana, mu rubanza rw’ubujurire ruri kubera mu Rukiko rwa Rubanda rwa Paris.

Uyu mutangabuhamya, wabaye umwarimu mbere ya Jenoside, yabwiye urugereko rw’ubujurire ko yagize uruhare mu marondo no mu bitero byagabwe n’Interahamwe ku Batutsi, ndetse ko Urukiko Gacaca rwamuhamije ibyaha mu 2006 cyangwa 2007, rumukatira igifungo cy’imyaka 12.

Yagize ati: “Nagize uruhare mu marondo no mu bitero byiciwemo abaturage. Twabwirwaga gushaka umwanzi, kandi icyo gihe umwanzi yabaga ari Umututsi. Hari bariyeri twahuriragaho, abantu bahagera tukabica.”

Ubuhamya ku ngendo za Bisesero

Umutangabuhamya yavuze ko yabonye Muhayimana inshuro ebyiri atwaye Daihatsu y’ubururu yajyanaga Interahamwe n’abafite imbunda, barimo abajandarume, mu misozi ya Bisesero muri Perefegitura ya Kibuye, aho bavuga ko hajyanywaga ibitero byo kwica Abatutsi.

Yasobanuye ko hari abashoferi batatu bakoraga uwo murimo, barimo Muhayimana, Jackson n’undi witwaga Bosco, batwaraga imodoka za Leta cyangwa iz’imishinga, zakoreshwaga mu komini zitandukanye guhiga Abatutsi kuva muri Mata kugeza muri Nyakanga 1994.

Icyo yavuze ku gusabwa kujijisha

Uyu mutangabuhamya yagaragaje ko mu gihe cy’iperereza yahamagariwe n’uwivugaga ko ari umunyamategeko wa Muhayimana, amubaza uko dosiye imeze ndetse amusaba gutanga ubuhamya butamushinja cyane.

Ati: “Yambwiye ko kubera ko abacamanza ari abanyamahanga, batazashobora gutandukanya ukuri n’ibitari ukuri. Ni yo mpamvu mu 2013 natanze ubuhamya burimo urujijo.”

Yavuze ko nyuma yaje gufata icyemezo cyo kuvugisha ukuri kugira ngo akure urukiko mu rujijo.


Inyandiko zabonetse mu iperereza

Mu gihe cy’iperereza, urugo rwa Muhayimana rwarasatswe, habonekamo inyandiko irimo imyirondoro y’abatangabuhamya n’iy’abakozi b’urwego rw’u Bufaransa rushinzwe kurwanya ibyaha byibasira inyokomuntu (OCLCH).

Umucamanza yabajije uyu mutangabuhamya niba ari we wahaye Muhayimana ayo makuru, ariko arabihakana, avuga ko atari kumenya imyirondoro y’abakozi b’Abafaransa.

Ati: “Claude yarabeshye. Nashoboraga kumenya amazina y’Abanyarwanda, ariko sinari kumenya ay’Abafaransa.”

Uko uregwa abyitwaramo

Nyuma y’uko uyu mutangabuhamya ahinduye imvugo, Muhayimana yavuze ko Leta y’u Rwanda yagiranye amasezerano n’abatangabuhamya yo kumushinja, ndetse ko batojwe uko bazabeshya.

Umutangabuhamya yabiteye utwatsi, avuga ko ibyo ari ibinyoma, kandi ko uvugwa ko atoza abatangabuhamya ari umuntu uzwiho ubunyangamugayo.

Amavu n’amavuko y’urubanza

Mu Ukuboza 2021, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris rwahamije Muhayimana ubufatanyacyaha muri Jenoside no mu byaha byibasiye inyokomuntu, rumukatira igifungo cy’imyaka 14.

Urukiko rwemeje ko yatwaraga Interahamwe zajyaga kwica Abatutsi, ariko we akomeza kubihakana. Urubanza rw’ubujurire rwatangiye tariki ya 3 Gashyantare 2026, aho ashaka guhanagurwaho ibyaha no gufungurwa.

Urubanza rukomeje gukurikiranwa n’abarokotse Jenoside, imiryango iharanira ubutabera mpuzamahanga ndetse n’abakurikiranira hafi imanza z’ibyaha byibasira inyokomuntu ziburanishirizwa mu mahanga. Icyemezo cy’urukiko kizagira uruhare rukomeye mu rugendo rwo gukomeza kurwanya umuco wo kudahana no gushimangira ubutabera ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

 IMIHIGONEWS|Paris

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153