
Kigali – Visi Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mu Rwanda, Justice Alphonse
Hitiyaremye, yasabye abahuza bashya 175 barangije amahugurwa y’ubuhuza,
gushyira imbaraga mu gufasha abaturage gukemura amakimbirane mu bwumvikane aho
kugana inkiko.
Yabitangaje mu muhango wo gusoza amahugurwa y’abahuza agamije kongerera
ubushobozi abantu bakemura amakimbirane mu buryo bw’ubuhuza, mu rwego rwo
guteza imbere ubutabera nsanasano mu Rwanda.
Iyi gahunda yatangiye gushyirwa mu bikorwa mu mwaka wa 2019 ku
bufatanye n’Urwego rw’Ubucamanza, igamije gutegura abahuza bafite ubumenyi bwo
gufasha abantu bafite amakimbirane kugera ku mwanzuro mu bwumvikane.
Amahugurwa ategurwa ku bufatanye n’Ikigo Edwards Mediation Academy,
gitanga amasomo y’ubuhuza gishingiye ku bunararibonye bw’inzobere mu gukemura
amakimbirane, gifatanyije n’Ikigo cyo mu Rwanda Mediation Home Rwanda.
Umuyobozi wa Mediation Home Rwanda, Uwicyeza Bernadette, yavuze ko kuva
iyi gahunda yatangira, abahuza basaga 1300 bamaze guhugurwa, kandi bakomeje
kugira uruhare mu kwimakaza umuco w’ubwumvikane mu miryango no mu kazi.
Yasobanuye ko abahuza bafite uruhare runini mu gufasha abaturage kubona
ibisubizo by’ibibazo byabo mu mahoro kandi mu buryo bwihuse.
Justice Hitiyaremye yashimangiye ko ubuhuza bukwiye gufatwa nk’inzira
ya mbere mu gukemura amakimbirane kuko bufasha kugabanya imanza zijyanwa mu
nkiko ndetse bugafasha kubaka umuryango utekanye.
Yagize ati:“Turifuza ko abahuza bakora akazi kabo neza ku buryo
amakimbirane menshi yakemurirwa mu bwumvikane, mbere y’uko agera mu nkiko. Ibi
bizafasha abaturage gukomeza kubana neza no gukemura ibibazo byabo mu mahoro.”
Perezida w’Inama Nkuru y’Ubuhuza, Prof. Sam Rugege, yavuze ko ubuhuza
ari uburyo bwiza bwo gufasha abantu kugera ku mwanzuro utuma impande zombi
zishima aho kuba nk’uko biba mu nkiko aho umwe ashobora gutsinda undi
agatsindwa.
Yagize ati:“Iyo abantu bagize amahirwe yo kumvikana, baba bishimiye
igisubizo babonye kuko baba bagize uruhare mu gufata icyemezo kibareba.
Bitandukanye n’igihe urukiko rufashe icyemezo umwe ashobora kwakira nabi.”
Yakomeje asobanura ko ubuhuza bufasha no kugabanya abantu bajyanwa muri
gereza mu gihe hari ibibazo bishobora gukemurwa mu bwumvikane bitabangamiye
amategeko cyangwa umutekano w’igihugu.
Mu barangije ayo mahugurwa harimo n’umunyamakuru wa BTN TV, Uwera
Joselyne, wavuze ko ubumenyi yahawe buzamufasha gukemura amakimbirane mu
miryango no mu kazi akora ka buri munsi.
Ati:“Ubuhuza ni inzira nziza ifasha abantu kongera kubana neza.
Abanyarwanda bakwiye gukemura ibibazo byabo mu bwumvikane aho gukomeza
guhangana.”
Abahanga mu by’amategeko bagaragaza ko guteza imbere ubuhuza ari imwe
mu nzira ifasha kugabanya ubucucike mu nkiko no guteza imbere umuco wo gukemura
ibibazo mu mahoro, bityo bigafasha kubaka sosiyete irangwa n’ubwiyunge
n’ubwumvikane.
0 Comments
Imihigonews