![]() |
| Delcy Rodríguez Umuyobozi wa Venezuela |
Mu buryo bukomeje guteza
impaka, amakuru aturuka mu nzego zitandukanye za dipolomasi avuga ko Leta Zunze
Ubumwe za Amerika ziri gusuzuma dosiye y’ibirego bishobora kuregwa Perezida
w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodríguez, mu rwego rwo kongera igitutu ku
buyobozi bwa Caracas no kugena umurongo w’ibiganiro bizaza.
Aya makuru akubiyemo ko
hari ibyaha bishobora kumuregwaho birimo ruswa n’iyezandonke by’umwihariko ku
bijyanye n’imicungire y’umutungo wa sosiyete ya Leta ishinzwe ibikomoka kuri
peteroli, PDVSA. Bivugwa ko iperereza ryaba ryibanze ku bikorwa byabaye hagati
ya 2021 na 2025, mu gihe Venezuela yari iri mu bihe bikomeye by’ibihano
mpuzamahanga n’ihungabana ry’ubukungu.
Gusa, ubuyobozi bwa
Amerika bwahakanye aya makuru. Umushinjacyaha Mukuru Wungirije w’iki gihugu,
Todd Blanche, yatangaje ko ibyo bivugwa ari amakuru adafite ishingiro,
ashimangira ko nta cyemezo nk’icyo cyafashwe cyangwa kiri hafi gufatwa nk’uko
byatangajwe.
Rodríguez w’imyaka 56
yinjiye ku butegetsi mu bihe bikomeye bya politiki nyuma y’ifatwa rya Nicolás
Maduro n’umugore we Cilia Flores ku wa 3 Mutarama 2026. Aba bombi batawe muri
yombi n’inzego za Amerika bashinjwa ibyaha birimo kwinjiza ibiyobyabwenge muri
Amerika no kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba, ibyo barabihakana bavuga ko
ari politiki yo kubashyiraho igitutu.
Mu mezi abiri ashize,
umubano wa Washington na Caracas wakomeje kujya mu rujijo. N’ubwo hari
ibimenyetso byerekana ko impande zombi zigeze gushaka inzira yo kuganira ku
bibazo by’ubucuruzi n’umutekano, amakuru y’ibirego bishya ashobora kurushaho
gukaza umwuka mubi.
Hari kandi amakuru avuga
ko Amerika yaba yareretse Rodríguez urutonde rw’abandi bantu barindwi bahoze mu
buyobozi bukuru bwa Venezuela, hamwe n’abo bafitanye isano, bashobora
gukurikiranwa mu nkiko za Amerika. Ibi bikaba bishobora gusobanurwa nk’intwaro ya
dipolomasi ikoreshwa mu gushyira igitutu ku buyobozi bushya.
Ku rundi ruhande, Amerika
iherutse gutangira kugurisha peteroli ya Venezuela ku isoko mpuzamahanga, aho
mu cyiciro cya mbere bivugwa ko yinjije asaga miliyoni 500 z’amadolari ya
Amerika. Ibi byatumye hibazwa niba Washington iri gukoresha uburyo bubiri icyarimwe:
igitutu cy’amategeko n’inyungu z’ubucuruzi.
Abasesenguzi ba politiki
mpuzamahanga bavuga ko niba ibi birego byakwemezwa ku mugaragaro, bishobora
kugira ingaruka zikomeye ku mubano w’ibihugu byombi ndetse no ku isoko
mpuzamahanga rya peteroli.
Kugeza ubu, nta cyemezo
cya nyuma kiratangazwa ku mugaragaro, ariko biragaragara ko umubano wa
Venezuela na Amerika ukomeje kuba mu murongo w’ibibazo, aho buri ruhande
rushaka kurengera inyungu zarwo mu buryo bushoboka bwose.
Niba aya makuru akomeje
kugenda ahinduka, bishobora gusobanura indi ntera nshya mu mateka y’umubano
w’ibi bihugu byombi, cyane cyane mu gihe akarere ka Amerika y’Epfo gakomeje
guhura n’ihindagurika rya politiki n’ubukungu.

0 Comments
Imihigonews