-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Gatsibo-Kiramuruzi: Abaturage babonye amazi meza nyuma yo Kubakirwa ivomo rishya

Ifoto iragaragaza uko umugezi waruri n'uko uri ubu

Abaturage bo mu midugudu ya Gasave na Akabare, mu Kagari ka Nyabisindu, Umurenge wa Kiramuruzi akarere ka Gatsibo, ubu babonye amazi meza nyuma yo kubakirwa umugezi uvomera amazi meza n’ivomero rishya, bikozwe n’ubuyobozi bw’akarere ku bufatanye n’ambasade y’u Buyapani na SFH Rwanda.

Umushinga w’amazi:Ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo bwashyizeho itsinda ry’inzobere rishinzwe gutunganya neza umugezi w’amazi, bakubaka inkuta, bashyiraho impombo zigezweho kandi batunganya amazi kugira ngo agere mu ngo z’abaturage nta mwanda.

Abaturage bavuze ko mbere bavomaga amazi y’umwanda ava ku kiyaga cya Muhazi atembera hasi mu rubobi, aho abana bashoboraga kugwa mu gishanga kandi hakabaho ibyago bya malariya n’indwara z’uruhu. Umuturage umwe yabitangarije IMIHIGONEWS ati:“Ubu abana bacu bashobora kunywa amazi meza nta mpungenge z’indwara zituruka ku mwanda.”

Ambasade y’u Buyapani yatanze inkunga ya Frw 138.706 (asaga miliyoni 202.962 Frw) mu gushyigikira uyu mushinga, mu bufatanye na SFH Rwanda, umuryango uteza imbere ubuzima. Ku wa 12 Gashyantare 2026, Ambasaderi Nakajo Kazuya yashyize umukono ku masezerano y’uyu mushinga, uteganyijwe gutanga amazi meza ku baturage basaga 15,000 bo mu Murenge wa Kiramuruzi mu kagari ka Gakoni,Nyabisindu na Gakenke.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere, Bwana Ibingira Frank, yavuze ko uyu mushinga uzafasha kugera ku ntego y’Akarere yo kugeza amazi meza kuri 87% by’abaturage muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025-2026. Ubu abaturage ntibazakomeza gukora urugendo rurerure bajya gushaka amazi, bigabanya ibyago byo kurwara indwara zituruka ku mwanda.

Umugende w'amazi waratunganyijwe

Mu myaka wa 2025, abaturage ba Gasave na Akabare bagorwaga no kubona amazi meza, bagakoresha amazi y’umwanda ava mu kiyaga cya Muhazi. Iki kibazo cyari ishusho y’uko n’aho gahunda ya Leta yo kugeza amazi meza ku baturage hose iri mu bikorwa, hakiri imidugudu ishaka inkunga ngo amazi meza agere kuri bose.

Umuturage twahaye izina rya Kalisa, yagize ati: “Twishimiye kubona amazi meza hafi y’inzu zacu. Ubu ntituzongera gukora urugendo rw’amasaha abiri ngo tubone amazi meza.”

Iki gikorwa kigaragaza ko ubufatanye bwa Leta, abafatanyabikorwa mpuzamahanga n’abaturage bushobora gukemura ikibazo cy’amazi meza. Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo burasaba abaturage gukoresha amazi meza neza, bakita ku isuku y’ibidukikije no ku mutekano w’abana. Uyu mushinga uje mu gihe cy’amezi atanu, nyuma yawo, abaturage bose mu mirenge 14 y’Akarere ka Gatsibo bazaba bagejezweho na mazi meza, bigakomeza intego yo kugeza amazi meza mu Rwanda hose.


IMIHIGONEWS.RW

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153