-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Jarama–Ngoma: Umurenge umeze nk’ikirwa hagati y’Akagera, Rweru na Sake ufite amateka yihariye y’Akanigo


Umurenge wa Jarama uherereye mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’Akarere ka Ngoma, kamwe mu turere 7 tugize Intara y’Iburasirazuba Nyuma ya Rwamagana, Kayonza, Kirehe, Bugesera, Gatsibo na Nyagatare. Utuwe n’abaturage basaga gato n’Abaturage 32,000 mu mwaka wa 2025, ukaba ugizwe n’utugari dutanu aritwo: Karenge, Ihanika, Jarama, Kibimba na Kigoma.

Imiterere yihariye: Umusozi umeze nk’ikirwa

Jarama ni umurenge ufite imiterere idasanzwe, kuko umeze nk’ikirwa kiri hagati y’Ikibaya cy’Akagera, Ikiyaga cya Rweru ndetse n’Ikiyaga cya Sake. Uzengurutswe n’utuyaga tugera kuri dutanu, aho ikinini muri two ari Ikiyaga cya Sake kiri hagati ya Jarama, Sake na Rukumberi.

Mu burengerazuba no mu majyepfo y’uburengerazuba, uhana imbibi n’Umurenge wa Rweru wo mu Karere ka Bugesera, bikagabanywa n’Uruzi rwa Rweru. Amajyaruguru y’uburengerazuba uhana imbibi n’Umurenge wa Rukumberi, mu majyepfo ashyira uburasirazuba ugahana n’Umurenge wa Sake, mu burasirazuba ugahana na Mutenderi, naho mu majyepfo ugahana imbibi n’Igihugu cy’u Burundi (Intara ya Kirundo na Mwaro).

AKANIGO: Inzira nto ifite amateka akomeye

Hagati y’Umurenge wa Jarama n’Umurenge wa Sake hari ubutaka buto cyane bwitwa AKANIGO. Ni ahantu hafite metero 6 z’ubugari na metero 14 z’uburebure (bufite n’ubutumburuke bwa metero 25 uvuye ku gishanga). Ni inzira ya mbuka rukumbi imodoka zambukiramo zijya i Jarama, kuko ebyiri zitabasha kunyuranamo.

Amateka agaragaza ko mu kinyejana cya 15, ku ngoma ya Ruganzu I Bwimba, yahaburiye umwana we, ahita ahavuma, bavuga ko “hanize” igikomangoma, ari naho hakomoka izina AKANIGO. Iruhande rumwe hari Umugezi wa Kadobogo, urundi hakaba Umugezi w’Akanigo.

Kimwe mu byihariye kuri Jarama ni uburyo ikibaya cyayo gihingwa cyane ugereranyije n’ibindi bice by’Akagera bikunze kwibasirwa n’imyuzure. Hafi aho hari Ikiyaga cya Rweru gihura n’Umugezi w’Akagera binyuze mu ruhagi ruhoraho.

Iyo imyuzure ibaye nto, amazi azamuka mu kiyaga cya Rweru aho kwiroha mu kibaya cya Jarama. Keretse imvura nyinshi cyane cyane mu kwezi kwa Mata, ni bwo amazi ashobora kuzamuka akagera ku butumburuke bw’ikibaya cya Jarama, bikaba byatuma amazi yiroha mu mirima. Ibi bituma iki kibaya kiba kirumbuka kandi kigahora giteza imbere ubuhinzi bw’abaturage.

Umusaruro w’amafi mwinshi

Umusaruro w'amafi

Kubera ko uzengurutswe n’utuyaga twinshi, abaturage ba Jarama babona amahirwe menshi mu burobyi. Amafi atandukanye aboneka, harimo anagera ku biro bisaga 12Kg, kandi igice kinini cy’imirire y’abaturage gishingira ku mafi.

Ku rwego rw’igihugu, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) igaragaza ko mu 2025 umusaruro w’amafi wageze kuri toni 52.439 uvuye kuri toni 43.133 mu 2024, bikagaragaza izamuka rikomeje. Ibi byajyanye no kongera abana b’amafi, amahugurwa y’abarobyi n’aborozi, no gukoresha uburyo bugezweho.

Mu Karere ka Ngoma by’umwihariko, ubuyobozi bwashimangiye ko ibiyaga birimo Icyo Sake bikomeje gutanga umusaruro ushimishije. Meya w’Akarere ka Ngoma, Nathalie Niyonagira, aherutse kugaragaza ko kongera umusaruro w’amafi biri mu byashyizwe imbere hagamijwe guteza imbere ubukungu bw’abaturage, cyane cyane abo mu mirenge ikora ku biyaga nka Jarama. Yavuze ko binyuze mu mishinga yo gutera imbuto z’amafi no kororera mu bigega, umusaruro ugenda uzamuka, bikagabanya n’ikibazo cy’amafi make ku isoko.

Ubutaka burumbuka n’ubuhinzi bukomeye

Ubutaka bw’igasozi nabwo burera cyane, bukungahaye ku mvura ihagije. Mu bihingwa by’ingenzi harimo ibigori na kawa, ndetse n’ibindi bihingwa by’ibanze bifasha mu kwihaza no kugurisha ku masoko.

Ahantu hahurira abantu baturutse hose

Jarama yatuwe cyane mu myaka itari iya kera n’abaturutse mu mpande zitandukanye z’igihugu, cyane cyane abashakaga ubutaka. Ibi byatumye hahurira abantu b’umuco n’imigenzo itandukanye, bigatuma ubudasa bwabo bubabyarira amahirwe mu bucuruzi no mu mibanire.

Amasoko n’ibikorwa remezo

Isoko rikomeye riri mu Kagari ka Kigoma ahazwi nka “Mubaha”, rikaba ari isoko ryubakiye neza kandi rikora kinyamwuga. Hari n’irindi soko riri mu Kagari ka Jarama rirema ku wa Mbere no ku wa Kane.

Mu burezi, umurenge ufite amashuri atandukanye arimo GS Jarama/TSS, GS Mbuye, GS Umuka, EP Karenge na EP Uruhuha. Ufite kandi Ikigo Nderabuzima cya Jarama n’ibindi bigo by’ubuvuzi bifasha abaturage kubona serivisi z’ibanze.

Umwihariko ugereranywa n’ahandi

Nk’uko hagati ya Mutenderi na Gahara (Akarere ka Kirehe) hari ubutaka bwa mbuka bwitwa Rwagitugusa bufite amateka yihariye, na Jarama ifite Akanigo gafite amateka yihariye kandi gafite uruhare rukomeye mu mibereho n’ikorwa ry’ingendo z’abaturage.

Jarama ni umurenge uhuza amateka, umutungo kamere n’ubukungu bushingiye ku buhinzi n’uburobyi, bikawuha umwanya wihariye mu iterambere ry’Akarere ka Ngoma n’Intara y’Iburasirazuba muri rusange

 

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153