-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza



Ku wa 22 Werurwe 2026, abakristu by’umwihariko abo muri Kiliziya Gatolika ku isi hose bizihije Icyumweru cya Gatanu cy’Igisibo, umunsi ufite ubusobanuro bukomeye mu rugendo rwo kwitegura Umunsi Mukuru wa Pasika uzizihizwa tariki ya 5 Mata 2026.

Iyi sabukuru y’icyumweru ije mu gihe hasigaye igihe gito cyane ngo abakristu binjire mu Icyumweru Gitagatifu, gitangizwa n’Icyumweru cy'Amashami giteganyijwe ku wa 29 Werurwe 2026. Ni igihe abakristu basabwa kongera imbaraga mu bikorwa by’umwuka, birimo amasengesho, kwigomwa no gufasha abakene.

Mu nyigisho zitangwa muri iki gihe, abakirisitu bibutswa ko uru ari urugendo rwo kwisubiraho no kwegera Imana, bagasabwa gusuzuma ubuzima bwabo no gusaba imbabazi ku byaha bakoze. Ni umwanya kandi wo gukomeza kwitegura kwakira izuka rya Yezu Kristu, rifatwa nk’ishingiro ry’ukwemera kwa gikristu.

Muri iki cyumweru kandi mu migenzo ya Kiliziya Gatolika, hatangira igice cyihariye cyibanda ku mubabaro wa Yezu, aho mu nsengero zimwe na zimwe amashusho n’ibishushanyo bitwikirwa imyenda y’umutuku cyangwa violet, bigamije gufasha abakristu kwinjira mu mwuka w’akababaro n’ituze ribategura Pasika.

Umwe mu bayobozi b’amadini yavuze ko “iki ari igihe cyiza cyo kongera umurego mu bikorwa byiza, cyane cyane gufasha abatishoboye no gusangira n’abatishoboye, kuko ari byo byerekana ukwemera nyako.”

Abakristu hirya no hino ku isi bakomeje gukangurirwa gukoresha neza iyi minsi isigaye y’Igisibo, bakarushaho kwegera Imana no gutegura imitima yabo mbere y’ibirori bikomeye bya Pasika.

Mu gusoza, abayobozi b’amadini basaba abakristu kudacika intege muri uru rugendo, ahubwo bagakomeza imbaraga mu masengesho no mu bikorwa by’urukundo, kugira ngo bazizihize Pasika bafite umutima ukeye kandi witeguye kwakira izuka rya Kristu n’imbabazi z’Imana.

 IMIH

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153