-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Imibare y’Abanyeshuri Basoza Ishuri mu Rwanda 2023/2024



Imibare yatangajwe n’Ubuyobozi bwa Minisiteri y’Uburezi kuri uyu wa Mbere ubwo hatangizwaga inama yiga ku burezi yiswe
State of Education Conference 2026 igaragaza impinduka mu buryo abanyeshuri basoza amashuri yabo.

Nk’uko raporo ya Minisiteri y’Uburezi yasohotse muri Gicurasi 2025 ibigaragaza, abanyeshuri bata ishuri bagabanyutse bagera kuri 4,7% mu mwaka w’amashuri wa 2023/2024, bavuye kuri 6,8% mu mwaka wa 2022/2023. Ibi byerekana ko hari intambwe mu kugabanya abanyeshuri basiba ishuri.

Raporo kandi igaragaza ko hagati ya 2015 na 2020, abanyeshuri 11% gusa bashoboye gusoza amashuri yose (kuva mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza kugeza mu wa gatandatu w’amashuri yisumbuye) badasibiye. Ibi byerekana ko abanyeshuri benshi basigaye batabona amahirwe yo gusoza ishuri ku gihe kubera gusibira, kuva mu ishuri ndetse n’izindi mpamvu.

Gusa, imibare yerekana ko hagati ya 2019 na 2024, abanyeshuri basoza amashuri badasibiye 15%, bishimangira ko hari ingamba zimwe zafashije kongera umubare w’abanyeshuri barangiza amashuri yabo.

Mu mashuri abanza, abanyeshuri bashoboye gusoza amasomo yose badasibiye bari ku kigero cya 96% hagati ya 2015 na 2020 ariko uyu mubare wagabanutse cyane mu mwaka wa 2023/2024 ukagera kuri 48%.

Ku bijyanye n’abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye basoza badasibiye, imibare yerekana ko bari ku mpuzandengo ya 54% hagati ya 2016 na 2021 ariko nayo yaragabanutse ikagera kuri 43% mu mwaka wa 2023/2024.
Iyi mibare igaragaza ko nubwo hari intambwe mu kugabanya gusiba ishuri, haracyari ikibazo gikomeye mu gutuma abanyeshuri barangiza amasomo yabo ku gihe, haba mu mashuri abanza cyangwa ayisumbuye. Minisiteri y’Uburezi irakomeje gushaka uburyo bwo kongera amahirwe yo kurangiza amashuri neza ku banyeshuri bose.


IMIHIGONEWS.RW



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153