
Imibare yatangajwe n’Ubuyobozi bwa Minisiteri y’Uburezi kuri uyu
wa Mbere ubwo hatangizwaga inama yiga ku burezi yiswe State of Education
Conference 2026 igaragaza impinduka mu buryo abanyeshuri basoza amashuri
yabo.
Nk’uko raporo ya Minisiteri y’Uburezi yasohotse muri Gicurasi
2025 ibigaragaza, abanyeshuri bata ishuri bagabanyutse bagera kuri 4,7% mu
mwaka w’amashuri wa 2023/2024, bavuye kuri 6,8% mu mwaka wa 2022/2023. Ibi
byerekana ko hari intambwe mu kugabanya abanyeshuri basiba ishuri.
Raporo kandi igaragaza ko hagati ya 2015 na 2020, abanyeshuri 11%
gusa bashoboye gusoza amashuri yose (kuva mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza
kugeza mu wa gatandatu w’amashuri yisumbuye) badasibiye. Ibi byerekana ko
abanyeshuri benshi basigaye batabona amahirwe yo gusoza ishuri ku gihe kubera
gusibira, kuva mu ishuri ndetse n’izindi mpamvu.
Gusa, imibare yerekana ko hagati ya 2019 na 2024, abanyeshuri
basoza amashuri badasibiye 15%, bishimangira ko hari ingamba zimwe zafashije
kongera umubare w’abanyeshuri barangiza amashuri yabo.
Mu mashuri abanza, abanyeshuri bashoboye gusoza amasomo yose
badasibiye bari ku kigero cya 96% hagati ya 2015 na 2020 ariko uyu mubare
wagabanutse cyane mu mwaka wa 2023/2024 ukagera kuri 48%.
Ku bijyanye n’abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye basoza
badasibiye, imibare yerekana ko bari ku mpuzandengo ya 54% hagati ya 2016 na
2021 ariko nayo yaragabanutse ikagera kuri 43% mu mwaka wa 2023/2024.
Iyi mibare igaragaza ko nubwo hari intambwe mu kugabanya gusiba ishuri,
haracyari ikibazo gikomeye mu gutuma abanyeshuri barangiza amasomo yabo ku
gihe, haba mu mashuri abanza cyangwa ayisumbuye. Minisiteri y’Uburezi irakomeje
gushaka uburyo bwo kongera amahirwe yo kurangiza amashuri neza ku banyeshuri
bose.
0 Comments
Imihigonews