-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Kirehe yageze ku mukino wa nyuma muri Kagame cup mu Rwanda



Abaturage bo mu Karere ka Kirehe bagaragaje ibyishimo n’ishema nyuma y’uko amakipe yabo yombi mu bagabo n’abagore yegukanye ibikombe mu mikino ya nyuma y’Irushanwa ry’Umurenge Kagame Cup ku rwego rw’Intara y’Iburasirazuba, bemeza ko intego bafite ari ukuzabizana no ku rwego rw’Igihugu.

Ni ibyishimo byari byuzuye ku banya-Kirehe kuri uyu wa 29 Werurwe 2026, ubwo amakipe y’imirenge ya Kigarama (abagabo) na Gatore (abakobwa) yegukanaga ibikombe mu mupira w’amaguru, mu mikino ya nyuma yabereye kuri Sitade ya Ngoma i Kibungo.

Aya marushanwa y’Umurenge Kagame Cup akomeje kuba umuyoboro ukomeye mu guteza imbere impano z’abakiri bato, guhuza abaturage no kwimakaza imiyoborere myiza.

Umurenge wa Kigarama wageze ku mukino wa nyuma utsinze Gishari yo mu Karere ka Rwamagana, maze uhurira na Murambi yo mu Karere ka Gatsibo nayo yari yasezereye Tabagwe yo muri Nyagatare.

Ku mukino wa nyuma, Kigarama yitwaye neza itsinda Murambi ibitego 2-1, yegukana igikombe mu bagabo.

Mu cyiciro cy’abagore, Umurenge wa Gatore nawo ntiwatengushye abafana bawo kuko watsinze Gahara igitego 1-0, uwegukana igikombe.

Ibi byatumye Akarere ka Kirehe kegukana ibikombe byombi, ibintu byateye ibyishimo abaturage.

Bamwe mu baturage baganiriye n’itangazamakuru bagaragaje ko bishimiye cyane iyi ntsinzi, bemeza ko ari ishema rikomeye ku karere kabo.

Kwizera Marie Grace yagize ati:“Ni ibyishimo bikomeye ku banya-Kirehe. Kuba twatwaye ibikombe mu bagabo n’abagore ni intsinzi ikomeye. Intego ni ukuzana igikombe ku rwego rw’Igihugu.”

Undi witwa Mugisha Eric we yavuze ko iki gikombe bari bagitegereje igihe kinini, kandi ko batazarekera aho.

“Iki gikombe twari gishaka cyane. Ubu tugiye gukomeza gushyigikira amakipe yacu kugira ngo azegukane n’icy’Igihugu.”

Umutoza wa Kigarama, Nshimirwa Frederick, yavuze ko intsinzi yabo yaturutse ku gutegura ikipe hakiri kare no kuba ubuyobozi bwabayoboye neza.

“Twateguye ikipe yacu neza kandi ubuyobozi buradushyigikira. Dufite icyizere cyo kuzegukana n’igikombe ku rwego rw’Igihugu.”

Kapiteni w’iyi kipe, Sangayezu Aimé, yashimangiye ko ubufatanye ari bwo bwabagejeje ku ntsinzi.

“Gushyira hamwe no gukina umupira tuzi ni byo byaduhesheje intsinzi. Intego si ukwitabira gusa, ni ukuzana igikombe.”

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Bwana Rubingisa Pudence, yavuze ko aya marushanwa ari ingenzi mu kugaragaza impano no guteza imbere urubyiruko.

Yashimye abakinnyi n’abafatanyabikorwa, asaba urubyiruko gukomeza kwirinda ibiyobyabwenge no gutanga amakuru ku gihe.

“Impano zigaragarira muri iyi mikino ntizigerwaho n’uwasinze. Urubyiruko rukwiye kwirinda ibiyobyabwenge no kugira uruhare mu kubaka igihugu.”

Umurenge Kagame Cup: Irushanwa rifite uruhare mu iterambere ry’imiyoborere myiza

Irushanwa ry’Umurenge Kagame Cup rigamije guteza imbere imiyoborere myiza, rikinirwa ku rwego rw’imirenge rigahuriza hamwe urubyiruko mu mikino itandukanye.

Ririmo imikino nka:

  • Umupira w’amaguru
  • Basketball
  • Volleyball
  • Amagare
  • Gusiganwa ku maguru
  • Sitball n’indi


Ni urubuga rukomeye rwo guteza imbere impano no gushimangira ubumwe bw’abaturage.

Intsinsi yegukanywe n’Amakipe ya Kigarama na Gatore ishimangira ko Akarere ka Kirehe gafite impano nyinshi mu mupira w’amaguru. Abaturage, abakinnyi n’abayobozi bose bafite icyizere ko ku nshuro ikurikira bazegukana n’ibikombe ku rwego rw’Igihugu, bagahesha ishema akarere kabo ndetse n’Intara y’Iburasirazuba muri rusange.

IMIHIGONEWS.RW



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153