-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Ese inzozi z’umuhungu arimo kumva akora ku mukobwa ariko agahita akanguka zigaragaza ko adakunda uwo mukobwa? Abahanga bavuga iki?

Urukundo ni iki?

Ubushakashatsi bwerekana ko guhita ukanguka mu gihe cyo gukora imibonano wumvise inzozi z’urukundo mu gihe usinziriye bidashobora kuvuga ko udakunda uwo muntu.

Hari ubwo abantu bagira inzozi z’urukundo cyangwa z’imibonano, urugero nk’umuhungu urota arimo kuruma cyangwa gukorana imibonano n’umukobwa, hanyuma agahita akanguka. Ibi bishobora gutera impungenge ku muntu ku giti cye, akibaza niba bitagaragaza ko yaba akunda uwo muntu cyangwa ikibazo mu rukundo.

Abahanga mu by’imitekerereze n’ubwonko bavuga ko ibi atari ibimenyetso by’ukuri ku rukundo. Dr. Sigmund Freud n’abandi bahanga mu mitekerereze bavuze ko inzozi ari uburyo ubwonko bwacu bukenera gutunganya amarangamutima yacu, ibitekerezo n’imyemerere yo mu buzima bwa buri munsi.

Nk’uko Dr. Eva Selhub wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika umushakashatsi mu by’imitekerereze mu gitabo yanditse mu mwaka wa  2021, avugamo bimwe mubyo amaranga mutima ya muntu agira:“Guhita ukangukiraho mu gihe cy’inzozi z’urukundo cyangwa mu gihe cyo gukora imibonano ntibivuga ko utakunda uwo mukunzi wawe. Ahubwo ni uburyo bw’umubiri bwo kwitabara, bushobora guterwa n’umunaniro, stress cyangwa igipimo cya testosterone mu mubiri.”

Abahanga bavuga ko guhita ukanguka cyangwa kugira “erection” cyangwa “orgasm” mu nzozi bifitanye isano n’imiterere y’umubiri, amarangamutima y’ubwonko, ndetse n’ubuzima bw’imyororokere. Ntibivuze ko urukundo ruri hagati y’abakundana ruri hasi.

Ikindi, guhita uranguka mu nzozi bishobora kuba reaction ya physiologique y’umubiri, aho igice cy’ubwonko gishinzwe guhumeka no gukanguka cyikora ku buryo bw’umubiri, kandi bidashingiye ku amarangamutima y’umuntu ku wundi.
Abahanga bakomeje kwibutsa ko umuntu atagomba gufata inzozi nk’icyemezo cy’urukundo cyangwa ko umuntu atagukunda by’ukuri. Ahubwo ni ingenzi kumenya ko ari ibimenyetso by’umubiri n’ubwonko kandi urukundo rushobora kugumaho hatitawe kuri reaction z’igihe gito mu nzozi.

Isoko: Psychology Today, Journal of Sexual Medicine, Dr. Sigmund Freud Archives

 

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153