-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Iran ishobora kutitabira Igikombe cy’Isi 2026 kubera intambara na Amerika na Israel

iran-world-cup-2026-players


Tehran – Ubuyobozi bw’umupira w’amaguru muri Iran buravuga ko ibitero bya Amerika na Israel bishobora kugira ingaruka ku kwitabira Igikombe cy’Isi 2026

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Iran bwana  Mehdi Taj, yatangaje ko ibitero bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ifatanyije na Israel zagabye kuri Iran bishobora kugira ingaruka zikomeye ku kwitabira Igikombe cy’Isi 2026, n’ubwo kugeza ubu nta mwanzuro wa nyuma urafatwa.

Yabitangaje ku wa Mbere, tariki ya 2 Gashyantare 2026, mu kiganiro yagiranye na IRIB TV3, agaruka ku ngaruka z’intambara iri mu Burasirazuba bwo Hagati ku ruhando mpuzamahanga rw’umupira w’amaguru.

Mehdi Taj yavuze ko atakwemeza ku mugaragaro ko Iran itazakina iri rushanwa, ariko agaragaza ko umwuka wa politiki n’umutekano ushobora guhindura byinshi ku byari byitezwe.

Yagize ati: “Ntabwo nabihamya neza, ariko byanze bikunze hari ingaruka bizagira. Inzego zose nkuru zireberera umupira w’amaguru muri Iran zigiye kwicara zifate umwanzuro ukwiriye.”

Yakomeje ashimangira ko kubera ubukana bw’ibitero byagabwe, Igikombe cy’Isi 2026 kitakiri mu by’ingenzi bihangayikishije igihugu cye muri iki gihe.

Mbere y’ibi bitero, hari hamaze kugaragara ibimenyetso by’umwuka mubi hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ubwo muri Amerika haberaga tombola y’amatsinda y’Igikombe cy’Isi 2026, abahagarariye Iran banze kujyayo kuko bamwe mu bo bifuzaga gutwara batabonye ibyangombwa bibemerera kwinjira muri icyo gihugu.

Igikombe cy’Isi 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada, kuva tariki ya 11 Kamena kugeza ku ya 19 Nyakanga 2026. Iran iri mu Itsinda G hamwe na Misiri, u Bubiligi na Nouvelle-Zélande.

Ibitero bya Israel na Amerika kuri Iran byagabwe ku wa 28 Gashyantare 2026. Iran na yo yahise igaba ibitero byo kwihimura ku birindiro by’ingabo za Amerika biherereye mu bihugu bitandukanye byo mu Burasirazuba bwo Hagati birimo Qatar, UAE, Kuwait, Bahrain, Jordanie, Arabie Saoudite na Iraq.

Ibi byatumye impuguke mu bya siporo n’umutekano zibona ko Igikombe cy’Isi 2026 gishobora guhura n’imbogamizi zikomeye zirimo ibibazo bya visa, umutekano w’amakipe ndetse n’ingaruka za dipolomasi.

Niba Iran yafata icyemezo cyo kutitabira Igikombe cy’Isi 2026, byaba ari inkuru ikomeye ku rwego rwa FIFA no ku mikino mpuzamahanga, kuko ari imwe mu makipe akomeye muri Aziya.

Abasesenguzi bavuga ko politiki n’intambara bikomeje kwinjira mu mikino kurusha uko byahoze, ibintu bishobora guhindura imigendekere y’amarushanwa akomeye ku Isi.


IMIHIGONEWS|Amakuru acukumbuye



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153