![]() |
| Ubuyobozi bw'Akarere ka Karongi |
Abakozi b’Akarere ka Karongi bamenye ko kuva mu mwaka ushize
batagihabwa amazi n’amata mu gihe bakora imirimo yabo, icyemezo cyafashwe
n’ubuyobozi bugamije gukemura ibibazo by’ingenzi birimo n’imisoro y’ingendo
z’akazi.
Mu biro bya buri mukozi, aho hahoze hasangirwa amacupa y’amazi
n’amata, ubu hasigaye amacupa manini y’amazi adaherukamo amazi, asimbura
amakarito yatangwa mbere. Abakozi baganiriye n’itangazamakuru bavuga ko
guhagarikwa kw’izi serivisi bibabangamiye mu kazi kabo ka buri munsi.
Umwe muri bo yagize ati: “Mfite inguzanyo ya banki, nyuma yo
gukatwa amafaranga nsigarana ibihumbi 90 Frw gusa. Ibyo bihumbi ni byo
nsigarana nkishyura inzu no kwitunga ukwezi kose. Amazi n’amata byari bifasha
mu buzima bwanjye no gukora akazi neza.”
Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Bwana Muzungu Gerald, yasobanuye
ko icyatumye hafatwa icyo cyemezo ari ibibazo by’ubukungu bikomeye akarere kari
gafite. Yavuze ko harimo abana batabasha kujya ku ishuri kubera ubukene, ndetse
n’ibirarane by’amafaranga y’ingendo z’abakozi batarishyurwa.
Ati: “Umukozi arashobora kugura ibyo akeneye, ariko tugomba
kubanza gukemura ibibazo by’ibanze by’akarere. Twifuje kugira ubushobozi bwo
gukemura ikibazo cy’amazi n’ibindi byose.”
Meya Muzungu yanavuze ko igihombo cy’ingendo z’akazi cyari
gihari cyageze kuri miliyoni hafi 95 Frw, ndetse ko hari indi myenda
igikurikira. Yongeyeho ko nyuma yo kwishyura ayo madeni, akarere kagiye kagira
ubushobozi bwo gufasha abakozi mu buryo burambye.
Nk’uko biteganywa mu itegeko rya Minisitiri ry’ubuzima
n’umutekano mu kazi, buri mukozi afite uburenganzira ku mazi yo kunywa. Iryo
tegeko rivuga ko aho bishoboka, amazi y’ubuntu agomba gutangwa mu buryo
buhoraho kandi hakongerwa ibindi binyobwa bidakwangiza umubiri ku buryo
bwongera amazi.
Abakozi b’Akarere ka Karongi bemeza ko bategereje ko ikibazo
gikemurwa burundu, kugira ngo bakomeze gukora neza kandi bafite imibereho
myiza.

0 Comments
Imihigonews