-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Uwikunda Samuel mu basifuzi 29 bahawe amahugurwa na CAF mbere ya CAF Champions League na Confederation Cup



Uwikunda Samuel ni we mu Rwanda rukumbi mu basifuzi 29 batoranyijwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) kugira amahugurwa mbere yo gusifura imikino ya nyuma ya CAF Champions League na CAF Confederation Cup.

Amahururwa azabera i Cairo mu Misiri, hagati ya tariki ya 4 na 8 Werurwe 2026, mbere y’uko ku wa 13 Werurwe hatangira imikino ibanza ya ¼ ku makipe yitwaye neza mu matsinda ya CAF Champions League na CAF Confederation Cup.

Uwikunda Samuel, uzaba ari kumwe n’abandi basifuzi 28 baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika, ni we mu Rwanda rukumbi wahabwa iyi nshingano. Ni na we uheruka kuba Umunyarwanda rukumbi wasifuye mu bikombe bya Afurika inshuro ebyiri. Aba basifuzi bazatoranywamo abazayobora imikino yose kugeza ku mukino wa nyuma.

Muri abo bazitabira amahugurwa harimo n’Umunya-Afurika y’Epfo, Abongile Tom, uzayobora umukino wa CAF Champions League uzahuza Al Hilal SC, ikinira imikino yayo muri Stade Amahoro, i Kigali, na RS Berkane yo muri Maroc.

Mu rwego rwo kwitegura uyu mukino, Al Hilal SC izoroherezwa kuwitegura. Umukino wayo w’Umunsi wa 23 wa Shampiyona y’u Rwanda uzayihuza na Gicumbi FC, ukazabera muri Stade Amahoro ku wa Kabiri, tariki ya 3 Werurwe 2026, saa 20:30 z’ijoro.

Isoko: Igihe

 


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153