-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

UPI ni iki? Uko nimero iranga ubutaka ifasha mu mutekano w’umutungo no kubona inguzanyo



Kuva mu 2009 u Rwanda rutangije gahunda rusange yo kwandikisha ubutaka, abaturage benshi bamaze gusobanukirwa ko UPI ari umutungo ubwawo. Ufite icyangombwa cy’ubutaka aba afite UPI (Unique Parcel Identifier) yihariye, imufasha kugaragaza uburenganzira ku mutungo no kuwukoresha nk’ingwate mu kubona inguzanyo n’andi mahirwe y’iterambere.

Iyi gahunda yashyizweho mu gihe Leta yashyiraga imbaraga mu micungire inoze n’imikoreshereze myiza y’ubutaka nk’inkingi y’iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza. Hagati ya 2009 na 2013, ubutaka bwinshi bwanditswe ku rwego rw’igihugu, bugashyirwa muri sisitemu ihuriweho.

UPI igizwe n’iki?

Nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka (NLA), UPI ni nimero yihariye igaragaza amakuru y’aho ubutaka buherereye n’iriburanga muri sisitemu.

Urugero rwa UPI rumeze nka: 1/04/05/06/12345 (urugero rudahagarariye ikibanza runaka), igizwe n’ibice bitanu:

  • 1 – Intara (1 ni Umujyi wa Kigali, 2 Amajyepfo, 3 Iburengerazuba, 4 Amajyaruguru, 5 Iburasirazuba)
  • 04 – Akarere
  • 05 – Umurenge
  • 06 – Akagari
  • 12345 – Nimero yihariye y’ubutaka

Iyi mibare ibikwa muri sisitemu yitwa Land Administration Information System (LAIS), ikoreshwa mu kubika no gucunga amakuru yose ajyanye n’ubutaka mu gihugu.

Impamvu UPI ari ingenzi

UPI ituma ubutaka butandukanywa hashingiwe ku hantu buherereye. Nubwo hashobora kuboneka nimero zisa mu Turere cyangwa mu Tugari dutandukanye, UPI yuzuye ntishobora gusubirwamo kuko igaragaza inzego zose z’aho ubutaka buherereye, kuva ku Ntara kugera ku Kagari.

Ibi bigabanya amakimbirane ashingiye ku mbibi z’ubutaka, byoroshya ihererekanyabubasha (nk’igurisha, impano cyangwa izungura), kandi bikongera icyizere mu mikoranire n’ibigo by’imari.

Iyo ubutaka bucaguwemo ibice, buri gice gihabwa UPI nshya. Nimero y’umubyeyi isigara muri sisitemu nk’inyandiko-mfatizo, ariko ntiba igikoreshwa mu buryo bw’ubucuruzi kuko iba yarabyaye izindi nimero nshya.

Ibyangombwa by’ubutaka bishobora gutangwa

Bitewe n’uburyo ubutaka butunzwe, ibyangombwa bishobora kuba:

  • Amasezerano y’ubukode burambye
  • Icyemezo cy’inkondabutaka
  • Icyemezo cy’iyandikisha ry’impapurompamo ngenankomyi
  • Icyemezo cy’iyandikisha ry’ibice by’isangiramutungo ku nyubako

Abasesenguzi mu by’imicungire y’umutungo bagaragaza ko gukoresha UPI neza no kubika amakuru muri LAIS byagize uruhare rukomeye mu kurinda umutungo w’abaturage no kuwuhindura igikoresho cy’iterambere.

Mu gihe igihugu gikomeje guteza imbere ikoranabuhanga mu by’ubutaka, UPI ikomeza kuba ishingiro ry’umutekano w’umutungo n’icyizere mu ishoramari, haba ku baturage ku giti cyabo no ku bashoramari.

 IMIHIGONEWS.RW



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153