-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali: Igikomangomakazi Marie-Chantal Yunamiye Inzirakarengane, Asaba ko Jenoside Itazibagirana



Igikomangomakazi cy’Ubwami bw’u Bugereki, Marie-Chantal, yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kigali, yunamira inzirakarengane zirenga 250.000 ziharuhukiye mu cyubahiro, ashimangira ko kwibuka ari inshingano ya buri wese.

Uru ruzinduko rwabaye kuri uyu wa Mbere, aho Marie-Chantal yashyize indabo ku mva rusange, yunamira abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, anasobanurirwa amateka n’urugendo rw’u Rwanda rwo kwiyubaka no gukira ibikomere mu myaka 31 ishize.

Ubuyobozi bw’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali bwanditse ku rubuga rwa X buti: “Twakiriye nyiricyubahiro Marie-Chantal, Igikomangomakazi, wahaye icyubahiro inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse akaba yasuye urwibutso anasobanurirwa amateka.”

Mu gitabo cy’abashyitsi, Marie-Chantal yanditse ati: “Tugomba kwibuka buri gihe. Biragoye cyane kubona ibyabaye ariko ni ingenzi cyane. Murakoze kandi Imana ihe umugisha imiryango yose.”

Yasobanuriwe akamaro ko kwibuka, kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse n’uruhare rw’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu gushyigikira u Rwanda mu rugendo rwo kubaka ejo hazaza harangwa amahoro n’ubumwe.

Uru ruzinduko ruje rukurikira ibiganiro yagiranye na Madamu Jeannette Kagame, aho yamwakiriye mu biro by’Umuryango Imbuto Foundation ku wa Kane, tariki ya 26 Gashyantare.

Baganiriye ku guteza imbere uburezi, kubakira ubushobozi impunzi no guteza imbere ubutwererane mu bikorwa by’iterambere.

Marie-Chantal ni umugore wa Pavlos, igikomangoma cyo mu muryango w’abami b’u Bugereki. Nubwo u Bugereki bwakuyeho ingoma ya cyami mu 1973, umuryango w’abami ukomeje gukoresha amazina y’icyubahiro y’amateka no gukora ibikorwa by’ubugiraneza ku rwego mpuzamahanga.

Azwi cyane mu mirimo y’ubugiraneza, cyane cyane mu gufasha abana n’imiryango y’impunzi. Yashinze gahunda ya Building Better Futures ishyigikiwe n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, igamije guteza imbere amahirwe y’uburezi no guha ubushobozi abakobwa n’abagore b’impunzi.

Uruzinduko rwe rugaragaza ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bikomeje guhabwa agaciro ku rwego mpuzamahanga, ndetse ko ubutumwa bwo kurwanya ivangura n’urwango bugomba gukomeza gusakara hirya no hino ku isi.


IMIHIGONDEWS.RW



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153