![]() |
| Perezida w'Urwanda yakiriwe na mugenzi we Emmanuel Macro |
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Werurwe 2026, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame uri mu ruzinduko mu Mujyi wa Paris, yakiriwe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, mu Nama ya kabiri mpuzamahanga igamije kuganira ku ruhare rw’ingufu za nikeleyeri mu iterambere ry’Isi.
Inkuru yateguwe hashingiwe ku makuru ya Rwanda Broadcasting
Agency (RBA) avuga ko, Iyi nama ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, abayobozi
b’imiryango mpuzamahanga, ibigo by’imari n’abanyenganda bakomeye mu rwego
rw’ingufu, bose bagamije gusuzuma uburyo ingufu za nikeleyeri zishobora
kwifashishwa mu gukemura ikibazo cy’ibura ry’ingufu gikomeje kugaragara mu bice
bitandukanye by’Isi.
Abitabiriye iyi nama bararebera hamwe amahirwe n’imbogamizi
zijyanye no gukoresha ingufu za nikeleyeri, by’umwihariko mu kongera
amashanyarazi atangiza ibidukikije no gufasha ibihugu kugera ku ntego zo
kugabanya imyuka ihumanya ikirere.
Ku ruhande rw’u Rwanda, kwitabira iyi nama bifite akamaro mu
gushimangira ubufatanye mpuzamahanga mu rwego rw’ingufu n’iterambere rirambye,
cyane cyane mu gihe ibihugu byinshi bikomeje gushaka ibisubizo by’ingufu
zirambye kandi zihendutse.
Iyi nama iri kubera i Paris ikaba itegerejwemo kuvamo imyanzuro
n’imikoranire mishya ishobora guteza imbere ikoreshwa ry’ingufu za nikeleyeri
mu buryo butekanye kandi burambye ku rwego mpuzamahanga.
www.imihigonews.rw

0 Comments
Imihigonews