-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Rwanda: Dr Habumuremyi yasabye urubyiruko kubyaza umusaruro ikoranabuhanga rigezweho ririmo AI

Ibitabiriya iki gikorwa (Kigali)



Dr Pierre Damien Habumuremyi, wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda akaba kuri ubu ari umwe mu bagize Urwego Nginjyanama rw’Inararibonye (REAF), yasabye urubyiruko rw’u Rwanda n’urw’Afurika muri rusange gukoresha neza amahirwe ari mu ikoranabuhanga rigezweho ririmo ubwenge buhangano (AI), kugira ngo bibafashe kwiteza imbere no guteza imbere ibihugu byabo.

Yabitangaje mu gikorwa cyiswe Tech Forward Live, cyari kigamije kumurika udushya mu ikoranabuhanga cyateguwe n’ihuriro ry’urubyiruko rwiga ikoranabuhanga rikorera muri SAN TECH Ltd. Iki gikorwa cyari gifite insanganyamatsiko igaruka ku gushimangira ubushobozi bw’abahanze udushya kugira ngo bagire uruhare mu guhindura ubukungu binyuze mu nganda n’ikoranabuhanga.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’abayobozi bo mu nzego zitandukanye za Leta, impuguke mu ikoranabuhanga, abashakashatsi ndetse n’abanyeshuri, baganira ku ruhare rw’udushya duhangwa n’urubyiruko mu guteza imbere ubukungu bw’u Rwanda.

Mu kiganiro yatanze, Dr Habumuremyi yagaragaje ko uburyo bwo kwiga n’ubumenyi urubyiruko rufite muri iki gihe butandukanye cyane n’ubwahozeho mu myaka yashize, kuko ikoranabuhanga ritari ryarahawe umwanya rikwiye mu burezi.

Yasobanuye ko muri iki gihe isi iri mu bihe bishya birangwa n’iterambere ry’ikoranabuhanga ririmo ubwenge buhangano, robo n’isesengura ry’amakuru, bityo ko urubyiruko rukwiye kubyifashisha mu guhanga ibisubizo by’ibibazo byugarije sosiyete.

Yagize ati: “Mu gihe twari tukiri bato twigishwaga cyane gufata mu mutwe no gukurikiza amabwiriza. Uyu munsi urubyiruko rwigishwa gutekereza no gukora ikoranabuhanga rishobora guha amabwiriza mudasobwa. Isi iri kugendera ku bwenge buhangano, robo n’isesengura ry’amakuru.”

Yongeyeho ko iri koranabuhanga ritakiri igikoresho gisanzwe, ahubwo ko ryabaye inkingi ikomeye y’iterambere mu nzego zitandukanye zirimo ubuvuzi, ubuhinzi, imiyoborere n’ubukungu muri rusange.

Ku bwe, mu bihe by’ubu iterambere ritakigenderwa ku bunini bw’igihugu cyangwa umutungo kamere gifite, ahubwo rishingira ku bushobozi bwo guhanga ibisubizo bishingiye ku bumenyi n’ikoranabuhanga.

Yashimangiye ko ari ingenzi ko urubyiruko rutekereza imishinga ishingiye ku ikoranabuhanga igamije gukemura ibibazo biri mu gihugu no guteza imbere ubukungu.

Umwe mu bateguye iki gikorwa akaba n’umwe mu bashinze SAN TECH Ltd, Niyonzima Claudine, yavuze ko bashyizeho iri huriro bagamije gufasha urubyiruko rufite imishinga y’ikoranabuhanga kuyimurika no kuyihuza n’inzego zishobora kuyishyigikira.

Yagaragaje ko hari imishinga myinshi y’urubyiruko ishobora gutanga ibisubizo ku bibazo bitandukanye, ariko akenshi igasigara ku rwego rw’ibitekerezo kubera kubura uburyo bwo kuyiteza imbere.

Mu bamuritse imishinga yabo harimo na Shania Keza wagaragaje igitekerezo cy’ikoranabuhanga rishingiye ku bwenge buhangano rishobora gufasha mu gutandukanya vuba abarwayi bakenera ubuvuzi bwihutirwa mu bitaro.

Yasobanuye ko iri koranabuhanga rishobora gufasha abaganga n’abaforomo kumenya vuba abarwayi bakeneye ubuvuzi bwihuse, bikagabanya impfu zishobora guterwa no gutinda kwitabwaho.

Umuyobozi ushinzwe guteza imbere ubushobozi bw’abakozi muri Ministry of Public Service and Labour Rwanda (MIFOTRA), Mfitundinda Amos, yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda ifite gahunda yo kongera imirimo binyuze mu guteza imbere udushya n’imishinga y’urubyiruko.

Yibukije ko muri gahunda ya National Strategy for Transformation II u Rwanda rwihaye intego yo guhanga imirimo irenga miliyoni imwe n’ibihumbi 250 hagati ya 2024 na 2029.

Yongeyeho ko iyi ntego ishoboka gusa iyo urubyiruko rufite ibitekerezo rushyize imbere kubishyira mu bikorwa no kubihindura imishinga ishobora gutanga imirimo no guteza imbere ubukungu.

Abayobozi bitabiriye iki gikorwa banashimangiye ko imishinga y’abanyeshuri barangiza kaminuza ikwiye gutezwa imbere ikava ku rwego rw’ibitekerezo ikagera ku rwego rw’imishinga y’ubucuruzi ishobora kubyara inyungu no guhanga imirimo mishya.

 



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153