-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

RIB ihakanye amakuru y’uko G Tuff yahamagajwe ku ndirimbo ye

Umuvugizi wa RIB Dr Murangira B Thierry

Umuvugizi wa RIB asobanura ko nta gahunda yo guhamagara uyu muhanzi, indirimbo ye ntivugwaho rumwe mu mbuga nkoranyambaga.

Ku wa Kabiri itariki ya 10 werurwe 2026, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry yahakanye amakuru yavugwaga ko G Tuff yahamagajwe ku ndirimbo ye imaze iminsi irikoroza ku mbuga nkoranyambaga, asobanura ko nta cyemezo kiyo ndirimbo cyafashwe na RIB.

Mu minsi ishize, ku mbuga nkoranyambaga, havugwaga ko RIB yahamagaje uyu muhanzi kubera amagambo y’indirimbo ye agaragara nk’ibishegu. Abakurikira izi mbuga batangiye gutanga impaka n’inyunganizi ariko nta gihamya cyemeza ko RIB yaba yaramutumije. Iki kibazo cyazamuye impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe basabaga ko hafatwa ingamba, abandi bagakangurira abantu gusuzuma amakuru n’ubutumwa iyi ndirimbo itanga neza.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Dr. Murangira yavuze ko G Tuff atigeze ahamagarwa kandi ko indirimbo ye itavugwaho kuko batarayumva bo ubwabo.

“Uwo uvuze ntabwo turamwitaho pe ntabwo turamuhamagaza mu Rwego rw’Ubugenzacyaha, indirimbo uvuze njye ubwanjye sindayitaho, Ese mbwira , wowe wa yumvishije ni indirimbo ivuga iki irimo ibiki?”

Yongeyeho ko RIB yita cyane ku bikorwa bifite ingaruka ku baturage(Audience), aho kwita ku byo umuntu ku giti cye ashyize hanze.

Dr. Murangira asobanura ko akaga kenshi mu isi y’imbuga nkoranyambaga katuruka ku bantu bashima ibikorwa bitari byiza cyangwa bagasakaza ibyo babonye aho kwita ku muntu wakoze indirimbo.

Ku Bahanga n’Ababyamamaza ati:“Abo nabo bafite uruhande rwabo ruza kwigwaho kandi nta gutoranya, abo bose biraza kwigwaho bisuzumwe kuko sosiyete nyarwanda ikwiye kubaho mu mudendezo.”


Yongeraho ko uwakoze igihangano nk’iki akabona adakurikiranywe adakwiye gushyekerwa, ahubwo agomba kumva ko abantu bashima ibyo bakiriye, ntibikwiye kumubangamira.

Mu kiganiro, Dr. Murangira yifashishije umugani w’Ikinyarwanda ugira uti:“Agashyekero k’inkware kayiraje mu mutego.”

Bivuga ko agashyekero karaza inkware mu mutego, bisobanura ko abantu bagomba gusuzuma neza ibyo bemera cyangwa bashimagiza ku mbuga nkoranyambaga.

RIB irasobanura neza ko nta cyemezo cyo guhamagara G Tuff cyafashwe. Abasomyi bagirwa inama yo gusuzuma amakuru mbere yo kuyashyira ku mbuga nkoranyambaga.
Iki kibazo kigaragaza akamaro ko kwitondera amakuru no gukurikira sources zizewe, cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga z’inkuru z’ingenzi mu Rwanda.

Indirimbo ni uku ayiririmba AHA

IMIHIGONEWS.RW

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153