-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Rwanda: Itegeko rishya ku gutwara ibinyabiziga wanyoye inzoga riteganya ihazabu igera kuri 500.000 Frw



KigaliItegeko rishya rigenga ikoreshwa ry’imihanda mu Rwanda ryashyizeho ibihano bikomeye ku bantu batwara ibinyabiziga banyoye inzoga bakarenza igipimo ntarengwa cya arukoro mu maraso, aho ushobora gucibwa ihazabu igera ku 500.000 Frw ndetse agafungwa amezi atandatu.

Iri tegeko ryatangajwe mu rwego rwo kurushaho gukaza umutekano wo mu muhanda no kugabanya impanuka zikunze guterwa no gutwara ibinyabiziga umuntu yanyoye inzoga.

Nk’uko biteganywa n’iri tegeko, umuntu utwara ikinyabiziga yarengeje igipimo ntarengwa cya arukoro mu maraso aba akoze icyaha. Iyo gihamijwe n’urukiko, ashobora guhanishwa ihazabu iri hagati ya 100.000 Frw na 400.000 Frw, ndetse agafungwa amezi ari hagati ya atatu n’atandatu.


Abagengwa cyane n’iyi ngingo ni abatwara abantu mu buryo bwa rusange, abatwara abanyeshuri, abatwarira abakozi hamwe, abatwara ba mukerarugendo ndetse n’abatwara imizigo irengeje toni 3.5.

Ku rundi ruhande, umuyobozi w’ikinyabiziga utari muri ayo matsinda, ariko ugasanganwa igipimo cya arukoro mu maraso gikubye nibura inshuro ebyiri z’igipimo ntarengwa cyemewe, ashobora guhanishwa ihazabu iri hagati ya 200.000 Frw na 500.000 Frw ndetse n’igifungo cy’amezi atatu kugeza ku atandatu, cyangwa kimwe muri ibyo bihano.

Itegeko rishyiraho ko igipimo ntarengwa cya arukoro mu maraso ku muntu utwara ikinyabiziga mu Rwanda ari garama 0.80 muri litiro imwe y’amaraso.

Ibi byitezweho kongera gukangurira abatwara ibinyabiziga kwirinda gutwara banyoye inzoga, hagamijwe kugabanya impanuka zo mu muhanda no kurinda ubuzima bw’abakoresha umuhanda bose.

 IMIHIGONEWS.RW



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153