Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga Rwitegura Isomwa ry’Urubanza rw’Abagabo Bane Bashinjwa Kudatanga Inkomoko y’Umutungo
Tariki ya 2 Mata 2026, Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ruzasoma
urubanza rw’abagabo bane bashinjwa n’Ubushinjacyaha kudasobanura inkomoko
y’umutungo bafite, aho byatangajwe mu rukiko mbere y’amasomo y’urubanza.
Mu bari bahagaze imbere y’urukiko hari abagabo batanu, barimo
n’abavoka batatu, aho umwe witwa Hakorimana Louis, Perezida wa COMAR, atari ku
bashinjwa iki cyaha ahubwo yaje nk’umutangabuhamya, maze urukiko rumusubiza ku
cyicaro cye.
Ubushinjacyaha bwatangaje ko abagabo bane harimo, Kayitare
Joseph,Nshimiyimana Joseph,Ngendahimana Patrick,Dushimimana Christophe bashinjwa
kudasobanura inkomoko y’umutungo bafite, icyaha giteganywa n’itegeko ryo ku wa
13/08/2018 rihana kudatanga amakuru ku mitungo.
Abunganira abo bashinjwa bavuze ko imitungo yose abo bantu
bafite, irimo inzu, ibibanza n’imodoka, bayibonye mbere y’uko iri tegeko
rishyirwaho, kandi ko bashinjwa bakurikije amategeko y’igihe kitari cyo.
Umwe mu bavoka yagize ati:"Iki cyaha aba bantu baregwa
bakibajijwe n’Ubushinjacyaha mbere, baragisobanuye. Ntitwumva impamvu dosiye
yongeye kugaruka mu rukiko."
Amakuru dukesha ikinyamakuru UMUSEKE.RW Ufite avuga ko kuva mu
mwaka wa 2023, iyo mitungo irimo inzu, ibibanza n’imodoka yafatiriwe nta
burenganzira bafite bwo: kuyitangira ingwate muri bankicyangwa kuyigurisha
Isomwa ry’urubanza ku nzitizi rizabera Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku wa
02/04/2026 saa kenda. Urukiko ruzakurikiza amategeko kugira ngo hamenyekane
niba aba bagabo bane bashinjwa cyangwa niba hari ibimenyetso byunganira
abaregwa.
Urukiko Rwisumbuye Muhanga, abagabo bashinjwa kudatanga inkomoko
y’umutungo, Hakorimana Louis, Kayitare Joseph, Nshimiyimana Joseph,
Ngendahimana Patrick, Dushimimana Christophe, COMAR, Rwanda court news, imihigonews.rw amakuru, imitungo ifatiriwe, isomwa ry’urubanza 2026

0 Comments
Imihigonews