-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga Ruteganya Isomwa ry’Urubanza rw’Abagabo Bane Bashinjwa Kudatanga Inkomoko y’Umutungo


Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga Rwitegura Isomwa ry’Urubanza rw’Abagabo Bane Bashinjwa Kudatanga Inkomoko y’Umutungo

Tariki ya 2 Mata 2026, Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ruzasoma urubanza rw’abagabo bane bashinjwa n’Ubushinjacyaha kudasobanura inkomoko y’umutungo bafite, aho byatangajwe mu rukiko mbere y’amasomo y’urubanza.

Mu bari bahagaze imbere y’urukiko hari abagabo batanu, barimo n’abavoka batatu, aho umwe witwa Hakorimana Louis, Perezida wa COMAR, atari ku bashinjwa iki cyaha ahubwo yaje nk’umutangabuhamya, maze urukiko rumusubiza ku cyicaro cye.

Ubushinjacyaha bwatangaje ko abagabo bane harimo, Kayitare Joseph,Nshimiyimana Joseph,Ngendahimana Patrick,Dushimimana Christophe bashinjwa kudasobanura inkomoko y’umutungo bafite, icyaha giteganywa n’itegeko ryo ku wa 13/08/2018 rihana kudatanga amakuru ku mitungo.

Abunganira abo bashinjwa bavuze ko imitungo yose abo bantu bafite, irimo inzu, ibibanza n’imodoka, bayibonye mbere y’uko iri tegeko rishyirwaho, kandi ko bashinjwa bakurikije amategeko y’igihe kitari cyo.

Umwe mu bavoka yagize ati:"Iki cyaha aba bantu baregwa bakibajijwe n’Ubushinjacyaha mbere, baragisobanuye. Ntitwumva impamvu dosiye yongeye kugaruka mu rukiko."

Amakuru dukesha ikinyamakuru UMUSEKE.RW Ufite avuga ko kuva mu mwaka wa 2023, iyo mitungo irimo inzu, ibibanza n’imodoka yafatiriwe nta burenganzira bafite bwo: kuyitangira ingwate muri bankicyangwa kuyigurisha
Isomwa ry’urubanza ku nzitizi rizabera Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku wa 02/04/2026 saa kenda. Urukiko ruzakurikiza amategeko kugira ngo hamenyekane niba aba bagabo bane bashinjwa cyangwa niba hari ibimenyetso byunganira abaregwa.

Urukiko Rwisumbuye Muhanga, abagabo bashinjwa kudatanga inkomoko y’umutungo, Hakorimana Louis, Kayitare Joseph, Nshimiyimana Joseph, Ngendahimana Patrick, Dushimimana Christophe, COMAR, Rwanda court news, imihigonews.rw amakuru, imitungo ifatiriwe, isomwa ry’urubanza 2026

 

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153